issa
Gasabo: Uwahoze ari umuzamu w’umunyamakuru akurikiranyweho kwicisha umugore we inyundo

Gasabo: Uwahoze ari umuzamu w’umunyamakuru akurikiranyweho kwicisha umugore we inyundo

Sep 17, 2025 - 16:09
 0

Umugabo witwa Barizeye Fabien wahoze ari umuzamu w'umunyamakuru witwa Niyonsenga Dieudonne wamenyekanye nka 'Cyuma Hassan' ubu ufungiye i Mageragere, yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica umugore we witwa Uwimana Monique w'imyaka 35 y'amavuko akoresheje ipiki n’inyundo.


Ibi byabereye ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Kami, mu Kagari ka Gasharu, mu Murenge wa Kinyanya, Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali.

Abaturanyi bageze aho ubu bwicanyi bwabereye babwiye itangazamakuru ko uyu nyakwigendera yishwe nabi cyane.

Umwe ati:"Yamwishe nabi akoresheje ipiki n'inyundo arangije anamukata ijosi."

Bamwe mu baturanyi b’uru rugo bakomeje bavuga, ko uyu muryango wari umaze nk'amezi atatu wimukiye muri aka gace ndetse iby'amakimbirane wari ufitanye bayamenye bayabwiwe n'abana babo nyuma y'uko Se yishe Nyina.

Baboneyeho gusaba inzego z'ubutabera kuburanishiriza uyu mugabo mu ruhame cyane cyane aho yakoreye icyaha kugira ngo bibere n’abandi urugero.

Umusaza umwe wigeze guturana n'uyu muryango mbere y'uko bimukira i Kinyinya, , yavuze ko uyu mugabo yari asanzwe atavuga menshi ndetse nta n’uwamenyaga icyo atekereza.

Yagize ati: "Uyu mugore twaraturanye ari indushyi, abyuka saa 2h00 z'ijoro akajya kwa Mutangana akaza agacuruza akaba ari we utunga urugo, Umugabo ari aho gusa, none agize abana imfubyi akwiye na we igihano cy'urupfu."

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yavuze ko abaturage batabaje inzego z'umutekano n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), ko hari umugabo wishe umugore.

Yagize ati: "Bikekwa ko yishwe n'umugabo we kuko basanze yapfiriye mu nzu, basanze aryamye ku gitanda afite ibikomere ku ijosi n'ibikoresho byakoreshejwe yicwa birimo inyundo n'ipiki kandi Nyakwigendera yari yavuye amaraso menshi."

Yakomeje avuga ko bikekwa ko Uwimana Monique yaba yishwe n'umugabo we Barizeye Fabien babanaga mu buryo butemewe n'amategeko aboneraho kwizeza umuryango wa Nyakwigendera ubutabera kubera ko ukekwa yafashwe n'ubwo yabanje kwihishahisha inzego z'umutekano."

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko uyu muryango wari usanzwe ufitanye amakimbirane kuko bajyaga barara barwana, akaba ari nayo yabaye intandaro y'urupfu rw'uyu mugore.

Uyu Nyakwigendera Uwimana Monique n'ubwo atari yarasezeranye n’umugabo we bari bafitanye abana batatu

Polisi y'u Rwanda yaboneyeho gusaba imiryango kubana mu mahoro no kwiyambaza inzego zibishinzwe mu gihe igize ibyo itumvikanaho, kugira ngo hirindwe imfu nk'izi zo kwica uwo mwashakanye.

 

Gasabo: Uwahoze ari umuzamu w’umunyamakuru akurikiranyweho kwicisha umugore we inyundo

Sep 17, 2025 - 16:09
 0
Gasabo: Uwahoze ari umuzamu w’umunyamakuru akurikiranyweho kwicisha umugore we inyundo

Umugabo witwa Barizeye Fabien wahoze ari umuzamu w'umunyamakuru witwa Niyonsenga Dieudonne wamenyekanye nka 'Cyuma Hassan' ubu ufungiye i Mageragere, yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica umugore we witwa Uwimana Monique w'imyaka 35 y'amavuko akoresheje ipiki n’inyundo.


Ibi byabereye ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Kami, mu Kagari ka Gasharu, mu Murenge wa Kinyanya, Akarere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali.

Abaturanyi bageze aho ubu bwicanyi bwabereye babwiye itangazamakuru ko uyu nyakwigendera yishwe nabi cyane.

Umwe ati:"Yamwishe nabi akoresheje ipiki n'inyundo arangije anamukata ijosi."

Bamwe mu baturanyi b’uru rugo bakomeje bavuga, ko uyu muryango wari umaze nk'amezi atatu wimukiye muri aka gace ndetse iby'amakimbirane wari ufitanye bayamenye bayabwiwe n'abana babo nyuma y'uko Se yishe Nyina.

Baboneyeho gusaba inzego z'ubutabera kuburanishiriza uyu mugabo mu ruhame cyane cyane aho yakoreye icyaha kugira ngo bibere n’abandi urugero.

Umusaza umwe wigeze guturana n'uyu muryango mbere y'uko bimukira i Kinyinya, , yavuze ko uyu mugabo yari asanzwe atavuga menshi ndetse nta n’uwamenyaga icyo atekereza.

Yagize ati: "Uyu mugore twaraturanye ari indushyi, abyuka saa 2h00 z'ijoro akajya kwa Mutangana akaza agacuruza akaba ari we utunga urugo, Umugabo ari aho gusa, none agize abana imfubyi akwiye na we igihano cy'urupfu."

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yavuze ko abaturage batabaje inzego z'umutekano n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), ko hari umugabo wishe umugore.

Yagize ati: "Bikekwa ko yishwe n'umugabo we kuko basanze yapfiriye mu nzu, basanze aryamye ku gitanda afite ibikomere ku ijosi n'ibikoresho byakoreshejwe yicwa birimo inyundo n'ipiki kandi Nyakwigendera yari yavuye amaraso menshi."

Yakomeje avuga ko bikekwa ko Uwimana Monique yaba yishwe n'umugabo we Barizeye Fabien babanaga mu buryo butemewe n'amategeko aboneraho kwizeza umuryango wa Nyakwigendera ubutabera kubera ko ukekwa yafashwe n'ubwo yabanje kwihishahisha inzego z'umutekano."

Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko uyu muryango wari usanzwe ufitanye amakimbirane kuko bajyaga barara barwana, akaba ari nayo yabaye intandaro y'urupfu rw'uyu mugore.

Uyu Nyakwigendera Uwimana Monique n'ubwo atari yarasezeranye n’umugabo we bari bafitanye abana batatu

Polisi y'u Rwanda yaboneyeho gusaba imiryango kubana mu mahoro no kwiyambaza inzego zibishinzwe mu gihe igize ibyo itumvikanaho, kugira ngo hirindwe imfu nk'izi zo kwica uwo mwashakanye.