issa
Umuhorandi yegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026

Umuhorandi yegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026

Feb 24, 2026 - 15:56
 0

Umuhorandi Zomermaad Jurgen ukina muri Development Team Picnic Postnl, niwe wegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026.


Uyu mukinnyi ukina muri Development Team Picnic Postnl, Zomermaad Jurgen yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu n’iminota 44 n’amasegonda 53 n’amatsiyerisi 62.

Aka gace kareshyaga na Kilometero 145,3 kavaga mu karere ka Huye kerekeza mu karere ka Rusizi. Uyu mukinnyi yageze ku murongo ari wenyine kuko uwabaye uwa kabiri ni Van Gils Lucas wakoresheje amasaha atatu n’iminota 45 n’amasegonda 13 n’amatsiyerisi 98, bivuze ko yarushijwe amasegonda 20.

Uyu muhorandi nyuma yo kwegukana aka gace yahise afata umwambaro w'umuhondo, Mulugeta Yafiet ahabwa igihembo cy'umunya-Afurika mwiza, maze ikipe nziza iba Eritrea. 

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace katari koroshye yabaye Niyonkuru Samuel ukina muri Team Amani yaje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha atatu n’iminota 45 n’amasegonda 37. Niyonkuru Samuel ni nawe wabaye umunyarwanda mwiza nyuma yo kuza ku mwaya wa 10 muri aka gace ka Gatatu.

Undi munyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric waje ku mwanya wa 20 na Mugisha Moise waje ku mwanya wa 21. Muhoza Eric yakoresheje amasaha atatu n’iminota 46 n’amasegonda 20 naho Mugisha Moise we yakoresheje amasaha atatu n’iminota 46 n’amasegonda 43.

Image
Image

Image

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Umuhorandi yegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026

Feb 24, 2026 - 15:56
Feb 24, 2026 - 16:11
 0
Umuhorandi yegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026

Umuhorandi Zomermaad Jurgen ukina muri Development Team Picnic Postnl, niwe wegukanye agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026.


Uyu mukinnyi ukina muri Development Team Picnic Postnl, Zomermaad Jurgen yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu n’iminota 44 n’amasegonda 53 n’amatsiyerisi 62.

Aka gace kareshyaga na Kilometero 145,3 kavaga mu karere ka Huye kerekeza mu karere ka Rusizi. Uyu mukinnyi yageze ku murongo ari wenyine kuko uwabaye uwa kabiri ni Van Gils Lucas wakoresheje amasaha atatu n’iminota 45 n’amasegonda 13 n’amatsiyerisi 98, bivuze ko yarushijwe amasegonda 20.

Uyu muhorandi nyuma yo kwegukana aka gace yahise afata umwambaro w'umuhondo, Mulugeta Yafiet ahabwa igihembo cy'umunya-Afurika mwiza, maze ikipe nziza iba Eritrea. 

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace katari koroshye yabaye Niyonkuru Samuel ukina muri Team Amani yaje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha atatu n’iminota 45 n’amasegonda 37. Niyonkuru Samuel ni nawe wabaye umunyarwanda mwiza nyuma yo kuza ku mwaya wa 10 muri aka gace ka Gatatu.

Undi munyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric waje ku mwanya wa 20 na Mugisha Moise waje ku mwanya wa 21. Muhoza Eric yakoresheje amasaha atatu n’iminota 46 n’amasegonda 20 naho Mugisha Moise we yakoresheje amasaha atatu n’iminota 46 n’amasegonda 43.

Image
Image

Image