issa
Umutoza wa Al Hilal SC yahawe ibihano bikomeye kubera itangazamakuru

Umutoza wa Al Hilal SC yahawe ibihano bikomeye kubera itangazamakuru

Mar 4, 2026 - 09:58
 0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League rwatangaje ko abatoza babiri barimo Laurentiu Aurelian utoza Al Hilal SC bahawe ibihano kubera gusuzugura itangazamakuru.


Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 3 Weruwe 2026. Rwanda Premier League vuga ko aba batoza baciwe amande, ibintu biteganywa n’ingingo ya 25 igika cya 4.

Bagize bati “ Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b'umupira w'amaguru ko ishingiye ku mabwiriza agenga irushanwa rya RPL mu ngingo yayo ya 25 igika cya 4, yafatiye ibihano by'amande abatoza babiri kubera kutitabira ikiganiro n'itangazamakuru nyuma y'umukino.”

Laurentiu Aurelian mu bihe byashize yagiye yanga kuvugisha itangazamakuru ndetse bikinubirwa n’abanyamakuru benshi baza kugeza ikibazo kuri Rwanda Premier League. Ibi kandi abihuriyeho n’umutoza wa Police FC, Ben Moussa wagiye yanga kuvugisha itangazamakuru mu gihe yabaga atitwaye neza akohereza umutoza wa kabiri wungirije.

Rwanda Premier League isaba abatoza n’abakinnyi kubaha itangazamakuru kuko ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Shampiyona y’u Rwanda. Ikomeza ivuga ko kwitabira ikiganiro n’itangazamakuru ari itegeko kuri buri mukino baba batsinze cyangwa batsinzwe.

Iri tangazazo ryaje mbere gato y’umukino Al Hilal SC yatsinzemo Gicumbi FC ibitego 5-0 mu mukino wabereye muri Stade Amahoro mu ijoro ryacyeye tariki 3 Werurwe 2026.

CAF CL: Reghecampf admits unbeaten Al Hilal are in 'group of death' - The  New TimesUmutoza wa Al Hilal SC yaciwe amande

Ben Moussa yifuza abandi bakinnyi bashya muri Police FC | IGIHEBen Mousa utoza Police FC yaciwe amande

 Image

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Umutoza wa Al Hilal SC yahawe ibihano bikomeye kubera itangazamakuru

Mar 4, 2026 - 09:58
Mar 4, 2026 - 09:59
 0
Umutoza wa Al Hilal SC yahawe ibihano bikomeye kubera itangazamakuru

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’u Rwanda, Rwanda Premier League rwatangaje ko abatoza babiri barimo Laurentiu Aurelian utoza Al Hilal SC bahawe ibihano kubera gusuzugura itangazamakuru.


Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 3 Weruwe 2026. Rwanda Premier League vuga ko aba batoza baciwe amande, ibintu biteganywa n’ingingo ya 25 igika cya 4.

Bagize bati “ Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b'umupira w'amaguru ko ishingiye ku mabwiriza agenga irushanwa rya RPL mu ngingo yayo ya 25 igika cya 4, yafatiye ibihano by'amande abatoza babiri kubera kutitabira ikiganiro n'itangazamakuru nyuma y'umukino.”

Laurentiu Aurelian mu bihe byashize yagiye yanga kuvugisha itangazamakuru ndetse bikinubirwa n’abanyamakuru benshi baza kugeza ikibazo kuri Rwanda Premier League. Ibi kandi abihuriyeho n’umutoza wa Police FC, Ben Moussa wagiye yanga kuvugisha itangazamakuru mu gihe yabaga atitwaye neza akohereza umutoza wa kabiri wungirije.

Rwanda Premier League isaba abatoza n’abakinnyi kubaha itangazamakuru kuko ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Shampiyona y’u Rwanda. Ikomeza ivuga ko kwitabira ikiganiro n’itangazamakuru ari itegeko kuri buri mukino baba batsinze cyangwa batsinzwe.

Iri tangazazo ryaje mbere gato y’umukino Al Hilal SC yatsinzemo Gicumbi FC ibitego 5-0 mu mukino wabereye muri Stade Amahoro mu ijoro ryacyeye tariki 3 Werurwe 2026.

CAF CL: Reghecampf admits unbeaten Al Hilal are in 'group of death' - The  New TimesUmutoza wa Al Hilal SC yaciwe amande

Ben Moussa yifuza abandi bakinnyi bashya muri Police FC | IGIHEBen Mousa utoza Police FC yaciwe amande

 Image