Al Hilal Omdurman yeretse Gasogi United na KNC ko hari byinshi byo gukora
Al Hilal Omdurman yo muri Sudani yatsinze umukino wa Kabiri muri Shampiyona y'u Rwanda. Ni umukino yatsinzemo Gasogi United ibitego 2-0.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba zo kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025. Wari umukino uryoheye ijisho kuko wabonaga Gasogi United igerageza bijyanye nibyo Perezida wayo Kakooza Nkuliza Charles yari yatangaje.
Igice cya mbere hagati y'aya makipe yombi cyarangiye ikipe zinganyije ubusa ku busa. Cyari igice wabonaga ikipe zombi zigerageza gukina ariko Al Hilal Omdurman yari yabanje mu kibuga abakinnyi bamwe na bamwe badasanzwe bakina barimo Ali Abdalla Hamadalnile.
Ikipe ya Al Hilal Omdurman yagarutse mu gice cya Kabiri ifite imbaraga nyinshi ndetse umutoza wayo witwa Laurentiu Aurelian ashyiramo izindi ntwaro biza kugenda neza kuko yatsinzemo ibitego bibiri.
Ni ibitego byatsinzwe na Emmanuel Flomo wagiye mu kibuga asimbuye. Uyu mukinnyi yatsinze ibi bitego ku munota wa 60 ndetse n'uwa 62.
Umukino warangiye ikipe ya Al Hilal Omdurman itsinze ibitego 2-0. Ni umukino wavuga ko wari ukomeye kuko ikipe ya Gasogi United yagerageje kwihagararaho cyane ndetse yanaremye uburyo utavuga ko ari bucye nubwo bitagenze neza ngo igire igitego ibona.


Kinyarwanda
English
Swahili









