issa
Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa Kane ukina nka myugariro

Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa Kane ukina nka myugariro

Jan 28, 2026 - 08:39
 0

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije myugariro wakinaga muri Mukura Victory Sports, Uwumukiza Obed nyuma y'igihe imwifuza.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wakinaga muri Mukura Victory Sports, Uwumukiza Obed ukina aciye ku ruhande rw'iburyo yugarira.

Uyu musore amaze igihe yigaragaza muri Mukura Victory Sports ndetse bikagaragarira buri umwe wese wakurikiranaga bya hafi umupira w'amagaru hano mu Rwanda ariko Kandi akaba n'umukinnyi w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda kuko amaze guhamagarwa inshuro imwe.

Uwumukiza Obed bivugwa ko atanzweho Milliyoni zirenga 15 z'amafaranga y'u Rwanda nkuko ubuyobozi bwa Mukura Victory Sports bwabyifuzaga. Uyu musore yasinye muri Rayon Sports amasezerano y'imyaka ibiri n'igice nk'umukinnyi wayo.

Uwumukiza Obed agarutse muri Rayon Sports nyuma yo kuzamukira mu ikipe y'abato yayo yabarizwaga mu karere ka Nyanza aho n'ubundi iyi kipe yaboneye izuba. Biteganyijwe ko Obed aratangira imyitozo kuri uyu wa Gatatu, ubwo Rayon Sports irakora imyitozo ya nyuma yitegura umukino ifitanye na Police FC w'igikombe cy'Intwari uzaba kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.

Uwumukiza Obed abaye umukinnyi wa Kane ikipe ya Rayon Sports isinyishije wugarira, akaba umukinnyi wa Munani iyi kipe yongeyemo muri uku kwezi kwa mbere. Abandi bakinnyi Rayon Sports yasinyishije barimo Vigninou Joachim, Tshimanga Tshilembi Ramazani, Kwizera Olivier, Ben Aziz Dao, Faustin Kitoko Likau, Yannick Bangala Litombo ndetse na Mugisha Didier uheruka kuva muri Police FC.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa Kane ukina nka myugariro

Jan 28, 2026 - 08:39
Jan 28, 2026 - 09:35
 0
Rayon Sports yasinyishije umukinnyi wa Kane ukina nka myugariro

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije myugariro wakinaga muri Mukura Victory Sports, Uwumukiza Obed nyuma y'igihe imwifuza.


Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umukinnyi wakinaga muri Mukura Victory Sports, Uwumukiza Obed ukina aciye ku ruhande rw'iburyo yugarira.

Uyu musore amaze igihe yigaragaza muri Mukura Victory Sports ndetse bikagaragarira buri umwe wese wakurikiranaga bya hafi umupira w'amagaru hano mu Rwanda ariko Kandi akaba n'umukinnyi w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda kuko amaze guhamagarwa inshuro imwe.

Uwumukiza Obed bivugwa ko atanzweho Milliyoni zirenga 15 z'amafaranga y'u Rwanda nkuko ubuyobozi bwa Mukura Victory Sports bwabyifuzaga. Uyu musore yasinye muri Rayon Sports amasezerano y'imyaka ibiri n'igice nk'umukinnyi wayo.

Uwumukiza Obed agarutse muri Rayon Sports nyuma yo kuzamukira mu ikipe y'abato yayo yabarizwaga mu karere ka Nyanza aho n'ubundi iyi kipe yaboneye izuba. Biteganyijwe ko Obed aratangira imyitozo kuri uyu wa Gatatu, ubwo Rayon Sports irakora imyitozo ya nyuma yitegura umukino ifitanye na Police FC w'igikombe cy'Intwari uzaba kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.

Uwumukiza Obed abaye umukinnyi wa Kane ikipe ya Rayon Sports isinyishije wugarira, akaba umukinnyi wa Munani iyi kipe yongeyemo muri uku kwezi kwa mbere. Abandi bakinnyi Rayon Sports yasinyishije barimo Vigninou Joachim, Tshimanga Tshilembi Ramazani, Kwizera Olivier, Ben Aziz Dao, Faustin Kitoko Likau, Yannick Bangala Litombo ndetse na Mugisha Didier uheruka kuva muri Police FC.