Rayon Sports ibibazo bikomeje kwisukiranya
Nyuma y’uko ubuyobozi bukomeje kurwana intambara yo gukemura ibibazo byo kutumvikana hagati yabo, FIFA yasohoye ibaruwa ibahagarika ku kugura abakinnyi.
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, nibwo hasohotse ibaruwa imenyesha ikipe ya Rayon Sports ko itemerewe kwandikisha abakinnyi mu gihe itabanje gukemura ibibazo ifitanaye na Roberto Goncalves Do Carmo uzwi nka Robertinho.
Ni ibaruwa bigaragara ko FIFA yayanditse ku itariki 9 Ukwakira 2025, aho bavuga neza ko ikipe ya Rayon Sports igomba kwishyura amafaranga ifitiye Robertihno birukanye mu mwaka ushize w’imikino Saison 2024-2025, habura amezi abiri ngo shampiyona irangire.
Ikipe ya Rayon Sports isabwa kwishyura vuba uyu mutoza kuko bigeze mu kwezi kwa mbere itarabikora ntabwo yaba yemerewe kwandikisha abakinnyi.
Ikindi kandi muri iyi baruwa FIFA ivuga ko ikipe ya Rayon Sports n’itubahiriza igihe bayihaye ibi bihano biziyongera ku buryo izashyirirwaho kumara inshuro 3 itabasha kugura abakinnyi. Ubwo ni uguhere mu kwa mbere, mu mpeshyi ya 2026 ndetse no mu kwa mbere kwa 2027.
Kugeza ubu Rayon Sports ifitiye Robertinho Milliyoni zirenga 30 z’amafaranga y’u Rwanda, arimo imishahara yari aberewemo ndetse n’indishyi z’akababaro uyu mutoza yaregeye.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Ukwakira 2025, Rayon Sports ifitanye umukino na Rutsiro FC w’umunsi wa Kane wa shampiyona. Ni umukino uteganyijwe ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri Kigali Pele Stadium.
Rayon Sports igomba kwishyura Robertinho byihuse


Kinyarwanda
English
Swahili









