issa
Ni ukunyicira izina! Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports yanenze Perezida w'iyi kipe kubyo yamuvuzeho

Ni ukunyicira izina! Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports yanenze Perezida w'iyi kipe kubyo yamuvuzeho

Apr 17, 2025 - 13:03
 0

Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports uheruka guhagarikwa kuri izi nshingano, Mpazimpaka Andre, yavuze ko Twagirayezu Thadee yamwiciye izina.


Ku wa mbere tariki 14 Mata 2025, Perezida w'umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yavuze ko guhagarika Mpazimpaka Andre wari umutoza w'abazamu, bitewe n'umusaruro mucye ndetse n'iperereza barimo kumukoraho kubera amafaranga y'agahimbazamusyi yahawe akayatwara.

Mpazimpaka Andre nyuma yo kumva ibi nawe yavuze ko bamwiciye izina kuko ayo mafaranga yahawe n'umwe mu bafana ba Rayon Sports yari ay'abatoza kandi yarayabahaye naho ay'abakinnyi hari aho agomba kunyuzwa.

Ubwo yaganiraga na Radio 10 yagize ati "Keretse niba atarayatanze[amafaranga y'abakinnyi]. Kari agahimbazamusyi k’ibihumbi 50 Frw kuri buri muntu. Hashize amezi abiri tunganyije na APR FC, Quanani Sellami yarambwiye ngo tugende dushake wa mugabo aduhe ‘bonus’ yacu.

Mu by’ukuri biteye isoni. Ntabwo umuntu utanga ‘bonus’ muri Rayon Sports ari bwo bwa mbere yari ayitanze. Afite aho ayicisha iyo ari ‘bonus’ rusange y’abakinnyi. Njye ntabwo mba mu buyobozi bwa Rayon Sports. Ibintu byo kuvuga ngo nariye amafaranga ni ukunyicira izina.”

Andre Mpazimpaka avuga ko uyu mufana yagombaga guha abatoza Million 1 n'ibihumbi 700. Aya mafaranga umutoza mukuru yahawe aye abandi batwara ibihumbi 500. Mpazimpaka yavuze ko Sheke bahawe yari yanditseho uyu mutoza w'abazamu ndetse ni nawe wayabikuye.

Andre Mpazimpaka yahagaritswe na Rayon Sports igihe kitazwi nkuko bitangazwa na Twagirayezu Thadee umuyobozi w'umuryango. Undi bahagarikiwe rimwe ni Robertinho Goncalves Do Carmo.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ni ukunyicira izina! Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports yanenze Perezida w'iyi kipe kubyo yamuvuzeho

Apr 17, 2025 - 13:03
 0
Ni ukunyicira izina! Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports yanenze Perezida w'iyi kipe kubyo yamuvuzeho

Umutoza w'abazamu wa Rayon Sports uheruka guhagarikwa kuri izi nshingano, Mpazimpaka Andre, yavuze ko Twagirayezu Thadee yamwiciye izina.


Ku wa mbere tariki 14 Mata 2025, Perezida w'umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yavuze ko guhagarika Mpazimpaka Andre wari umutoza w'abazamu, bitewe n'umusaruro mucye ndetse n'iperereza barimo kumukoraho kubera amafaranga y'agahimbazamusyi yahawe akayatwara.

Mpazimpaka Andre nyuma yo kumva ibi nawe yavuze ko bamwiciye izina kuko ayo mafaranga yahawe n'umwe mu bafana ba Rayon Sports yari ay'abatoza kandi yarayabahaye naho ay'abakinnyi hari aho agomba kunyuzwa.

Ubwo yaganiraga na Radio 10 yagize ati "Keretse niba atarayatanze[amafaranga y'abakinnyi]. Kari agahimbazamusyi k’ibihumbi 50 Frw kuri buri muntu. Hashize amezi abiri tunganyije na APR FC, Quanani Sellami yarambwiye ngo tugende dushake wa mugabo aduhe ‘bonus’ yacu.

Mu by’ukuri biteye isoni. Ntabwo umuntu utanga ‘bonus’ muri Rayon Sports ari bwo bwa mbere yari ayitanze. Afite aho ayicisha iyo ari ‘bonus’ rusange y’abakinnyi. Njye ntabwo mba mu buyobozi bwa Rayon Sports. Ibintu byo kuvuga ngo nariye amafaranga ni ukunyicira izina.”

Andre Mpazimpaka avuga ko uyu mufana yagombaga guha abatoza Million 1 n'ibihumbi 700. Aya mafaranga umutoza mukuru yahawe aye abandi batwara ibihumbi 500. Mpazimpaka yavuze ko Sheke bahawe yari yanditseho uyu mutoza w'abazamu ndetse ni nawe wayabikuye.

Andre Mpazimpaka yahagaritswe na Rayon Sports igihe kitazwi nkuko bitangazwa na Twagirayezu Thadee umuyobozi w'umuryango. Undi bahagarikiwe rimwe ni Robertinho Goncalves Do Carmo.