issa
Perezida wa Rayon Sports yaguze itike ahita aha ubutumwa abayoboye iyi kipe

Perezida wa Rayon Sports yaguze itike ahita aha ubutumwa abayoboye iyi kipe

Sep 16, 2025 - 08:08
 0

Perezida w'umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yaguze itike yo kwinjira ku mukino iyi kipe izakina na Singida Black Stars, ahita ahereza ubutumwa abayoboye iyi kipe.


Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nzeri 2025, Rayon Sports WFC irakina umukino wa nyuma wa CECAFA Champions League n'ikipe ya JKT Queens yo mu gihugu cya Tanzania.

Ni umukino wakaniwe cyane n'ubuyobozi, abakinnyi ndetse n'abakunzi ba Rayon Sports WFC bifuza ko ikipe yabo yakora amateka igakura CECAFA hanze y'u Rwanda ndetse igahita ibona itike yo gukina imikino y'amatsinda ya CAF Women Champions League.

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee ku wa mbere tariki 15 Nzeri 2025, yerekeje mu gihugu cya Kenya ahazabera umukino wa nyuma agiye gushyigikira iyi Rayon Sports y'Abagore yiteguye neza uyu mukino.

Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy'indege i Kanombe, Twagirayezu Thadee, yashimiye Uwayezu Jean Fidel washinze iyi Rayon Sports WFC nabo bakaza bakomerezaho bikaba birimo gutanga umusaruro.

Yagize ati "Ubushize yari iri kumwe na Perezida Jean Fidel, nibwo batsinzwe natwe twaje dukomerezaho niyo mpamvu uyu munsi bageze ku mukino wa nyuma. Ni byiza birashimishije, reka dukomeze tuyitere inkuga ndibaza n'igikombe tuzagitwara."

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yashimiye cyane FERWAFA yahaye agahimbazamusyi iyi kipe y'Abagore kangana na Milliyoni 5 nyuma yuko yitwaye neza ikagera muri 1/2 cya CECAFA Champions League.

Yagize ati" Ndashimira FERWAFA cyane iyobowe na Shema Fabrice yatanze agahimbazamusyi. Ni iby'agaciro cyane, njyewe nabyumvise ndishima cyane. Ndashimira FERWAFA, uburyo irimo gutangira uri kubona ko harimo impinduka nyinshi."

Perezida nyuma yo kugura itike yo kwinjira ku mukino Rayon Sports izahuramo na Singda Black Stars ingana n'ibihumbi 200, yahaye ubutumwa abayobozi, abayoboye ndetse n'abakunzi ba Rayon Sports, abasaba gushyigikira iyi kipe.

Yagize ati " Ubutumwa mpereza abakunzi, abayobozi ndetse n'abayoboye Rayon Sports, uyu ni umwanya mwiza wo kureba umukino mwiza dutera n'inkunga ikipe yacu. N'ubundi ntabwo nirirwa mbibabwira, Rayon Sports ni iyacu, yabayeho ku bwacu."

Rayon Sports irakina na Singda Black Stars kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nzeri 2025, mu umukino ubanza wa CAF Confederations Cup. Ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko ikipe yiteguye neza ndetse ko igomba kwitwara neza.

Rayon Sports WFC irakina umukino wa nyuma na JKT Queens 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Perezida wa Rayon Sports yaguze itike ahita aha ubutumwa abayoboye iyi kipe

Sep 16, 2025 - 08:08
Sep 16, 2025 - 10:45
 0
Perezida wa Rayon Sports yaguze itike ahita aha ubutumwa abayoboye iyi kipe

Perezida w'umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yaguze itike yo kwinjira ku mukino iyi kipe izakina na Singida Black Stars, ahita ahereza ubutumwa abayoboye iyi kipe.


Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nzeri 2025, Rayon Sports WFC irakina umukino wa nyuma wa CECAFA Champions League n'ikipe ya JKT Queens yo mu gihugu cya Tanzania.

Ni umukino wakaniwe cyane n'ubuyobozi, abakinnyi ndetse n'abakunzi ba Rayon Sports WFC bifuza ko ikipe yabo yakora amateka igakura CECAFA hanze y'u Rwanda ndetse igahita ibona itike yo gukina imikino y'amatsinda ya CAF Women Champions League.

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee ku wa mbere tariki 15 Nzeri 2025, yerekeje mu gihugu cya Kenya ahazabera umukino wa nyuma agiye gushyigikira iyi Rayon Sports y'Abagore yiteguye neza uyu mukino.

Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy'indege i Kanombe, Twagirayezu Thadee, yashimiye Uwayezu Jean Fidel washinze iyi Rayon Sports WFC nabo bakaza bakomerezaho bikaba birimo gutanga umusaruro.

Yagize ati "Ubushize yari iri kumwe na Perezida Jean Fidel, nibwo batsinzwe natwe twaje dukomerezaho niyo mpamvu uyu munsi bageze ku mukino wa nyuma. Ni byiza birashimishije, reka dukomeze tuyitere inkuga ndibaza n'igikombe tuzagitwara."

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadee, yashimiye cyane FERWAFA yahaye agahimbazamusyi iyi kipe y'Abagore kangana na Milliyoni 5 nyuma yuko yitwaye neza ikagera muri 1/2 cya CECAFA Champions League.

Yagize ati" Ndashimira FERWAFA cyane iyobowe na Shema Fabrice yatanze agahimbazamusyi. Ni iby'agaciro cyane, njyewe nabyumvise ndishima cyane. Ndashimira FERWAFA, uburyo irimo gutangira uri kubona ko harimo impinduka nyinshi."

Perezida nyuma yo kugura itike yo kwinjira ku mukino Rayon Sports izahuramo na Singda Black Stars ingana n'ibihumbi 200, yahaye ubutumwa abayobozi, abayoboye ndetse n'abakunzi ba Rayon Sports, abasaba gushyigikira iyi kipe.

Yagize ati " Ubutumwa mpereza abakunzi, abayobozi ndetse n'abayoboye Rayon Sports, uyu ni umwanya mwiza wo kureba umukino mwiza dutera n'inkunga ikipe yacu. N'ubundi ntabwo nirirwa mbibabwira, Rayon Sports ni iyacu, yabayeho ku bwacu."

Rayon Sports irakina na Singda Black Stars kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nzeri 2025, mu umukino ubanza wa CAF Confederations Cup. Ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko ikipe yiteguye neza ndetse ko igomba kwitwara neza.

Rayon Sports WFC irakina umukino wa nyuma na JKT Queens