Manchester United yatunguranye, Marocco inigwa na Mali! Uko imikino yaraye ibaye yagenze
Manchester United yatsinze Newcastle United bitunguranye muri Shampiyona y'u Bwongereza, naho mu gikombe cy'Afurika Marocco inganya na Mali mu gihe Misiri yatsinze Afurika y'epfo.
Ku wa Kane tariki 26 Ukuboza 2025, hakinwe imikino igiye itandukanye cyane hanze y'u Rwanda mu gikombe cy'Afurika kirimo kubera mu gihugu cya Marocco. Ni imikino yatangiye hakiri kare cyane aho Angola yatangiye inganya na Zimbabwe igitego 1-1.
Umukino wari utegerejwe cyane muri iri tsinda rya B ni umukino wagombaga guhuza ikipe y'igihugu ya Misiri ndetse n'Afurika y'epfo. Ni umukino utari woroshye ariko ibyawubayemo ntabwo ari byo byari byitezwe. Benshi batekerezaga ko uyu ari umukino urimo ibitego byinshi bitewe nuko izi ari ikipe zatangiye iyi mikino zitsinda ibitego byinshi.
Ikipe ya Misiri yaje gutahana amanota atatu nyuma yo gutsinda Afurika y'epfo igitego kimwe ku busa. Ni igitego cyabonetse kuri Penalite gitsinzwe na Mohamed Salah ku munota wa 45. Ikipe y'igihugu ya Misiri yaje guhabwa ikarita y'umutuku muri uyu mukino ihawe uwitwa Mohamed Hany.
Mu masaha y'ijoro hari hategerejwe imikino yo mu itsinda A, harimo umukino wagombaga guhuza Marocco na Mali ndetse n'uwahuje Zambia na Comoros. Umukino wahuje Zambia na Comoros warangiye ikipe zombi zinganyije ubusa ku busa, ku rundi ruhande Marocco nayo yanganyije na Mali igitego 1-1.
Umukino wahuje Marocco ndetse na Mali wari witabiriwe n'abakinnyi bakomeye ku Isi barimo Kylian Mbappé ndetse na Osmane Dembélé. Aba bombi baje kuri uyu mukino ku butumire bwa Ashraf Hakim ukina muri Marocco wakinanye na Kylian Mbappé ndetse ukinana na Dembélé muri PSG.
Ntabwo ari iyi mikino yaraye ibaye gusa kuko mu gihugu cy'u Bwongereza, Manchester United yari irimo gutsinda Newcastle United. Ni umukino wabaye Saa Ine z'ijoro, waje kurangira Manchester United itsinze igitego 1-0.
Ni igitego cyatsinzwe na Patrick Dorgu wari witabajwe muri uyu mukino akina ku ruhande rw'iburyo ataha izamu kubera abakinnyi bacye, aza no kugira umukino mwiza ahesha iyi kipe amanota atatu bituma ihita ifata umwanya wa Gatanu n'amanota 29 ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona.
Kuri uyu wa Gatandatu ikipe zikomeye zirimo Manchester City iraza gukina na Nottingham Forest, Arsenal FC irakina na Brighton And Hove Albion, Chelsea FC ikine na Aston villa ndetse n'indi mikino nyinshi.
Mu gikombe cya Afurika, Uganda irambikana na Tanzania, Nigeria ikine na Tunisia mu itsinda C. Ku rundi ruhande mu itsinda D, Benin iraza gukina na Botswana naho Senegal ikine na DR Congo.
Marocco yanganyije na Mali igitego kimwe kuri kimwe
Misiri yitwaye neza imbere ya Afurika y'epfo
Patrick Dorgu yitwaye neza mu mukino Manchester United yatsinzemo Newcastle United


Kinyarwanda
English
Swahili









