issa
Raphihna yashimagije umutoza Hansi Flick wamugize uw'ingenzi muri FC Barcelona

Raphihna yashimagije umutoza Hansi Flick wamugize uw'ingenzi muri FC Barcelona

Apr 1, 2025 - 09:22
 0

Rutahizamu w'umunya-Brazil ukinira ikipe ya FC Barcelona, Raphihna Dias Belloli, yashimagije umutoza Hansi Flick wamuhinduye uwingenzi muri FC Barcelona.


Mu meshyi ya 2024, ikipe ya FC Barcelona yasinyishije umutoza Hansi Flick wari umaze iminsi nta kazi afite ko gutoza nyuma yo kuva mu ikipe y'igihugu cy'ubudage.

Uyu mutoza akimara kuza mu ikipe ya FC Barcelona, yabwiye bamwe mu bakinnyi b'iyi kipe ko bagomba gukora imyitozo ibongerera imbaraga ndetse afasha rutahizamu Raphihna kongera kugaruka mu bihe bye byiza.

Mbere yuko Hansi Flick yari agiye kuza muri FC Barcelona, ubuyobozi bw'ikipe ndetse n'abakunzi bayo bifuzaga ko Raphihna yarekurwa akerekeza ahandi kuko iyi kipe yari igiye kugura Nico Williams ukinira ikipe ya Atletico Bilbao.

Hansi Flick akigera muri FC Barcelona yabwiye Raphihna ko ari umukinnyi wingenzi ku ikipe ndetse aramuhindura akamugira umukinnyi utsinda ndetse ufasha FC Barcelona mu buryo bwo gusatira.

Ibi byemejwe na Raphihna mu Kiganiro n'itangazamakuru yakoze ku munsi wejo hashize tariki 31 Werurwe 2025, avuga ko Hansi Flick yamuhinduye cyane.

Yagize ati " Hansi Flick ubwo yageraga muri FC Barcelona, yarambwiye ngo uzaba umukinnyi w'ingenzi. Yahinduye ibintu byose kuri njye."

Raphihna Kandi yagarutse kuri Pedri Gonzalez, avuga ko ari umukinnyi w'ingenzi kuri FC Barcelona nubwo adatanga imipira myinshi ivamo ibitego cyangwa ngo atsinde ibitego byinshi ariko ni umutima w'ikipe.

Yagize ati" Pedri ntabwo afite imipira myinshi ivamo ibitego, ntabwo afite ibitego byinshi ariko kuri njye ni umukinnyi w'ingenzi cyane ku ikipe yacu. Ndatekereza ko Pedri ari umutima wa FC Barcelona."

Raphihna uyu mwaka amaze gukora cyane kuko muri shampiyona ya Esipanye mu mikino 27 amaze gukina, yatanze imipira 8 yavuyemo ibitego ndetse atsinda ibitego 13. 

Muri UEFA champions league, Raphihna amaze gukina imikino 10 yatsinze ibitego 11 atanga imipira 5 yavuyemo ibitego. Mu gikombe cy'igihugu, Raphihna amaze gukina imikino 2 yatsinze ibitego 2, atanga umupira umwe wavuyemo igitego.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Raphihna yashimagije umutoza Hansi Flick wamugize uw'ingenzi muri FC Barcelona

Apr 1, 2025 - 09:22
Apr 1, 2025 - 10:00
 0
Raphihna yashimagije umutoza Hansi Flick wamugize uw'ingenzi muri FC Barcelona

Rutahizamu w'umunya-Brazil ukinira ikipe ya FC Barcelona, Raphihna Dias Belloli, yashimagije umutoza Hansi Flick wamuhinduye uwingenzi muri FC Barcelona.


Mu meshyi ya 2024, ikipe ya FC Barcelona yasinyishije umutoza Hansi Flick wari umaze iminsi nta kazi afite ko gutoza nyuma yo kuva mu ikipe y'igihugu cy'ubudage.

Uyu mutoza akimara kuza mu ikipe ya FC Barcelona, yabwiye bamwe mu bakinnyi b'iyi kipe ko bagomba gukora imyitozo ibongerera imbaraga ndetse afasha rutahizamu Raphihna kongera kugaruka mu bihe bye byiza.

Mbere yuko Hansi Flick yari agiye kuza muri FC Barcelona, ubuyobozi bw'ikipe ndetse n'abakunzi bayo bifuzaga ko Raphihna yarekurwa akerekeza ahandi kuko iyi kipe yari igiye kugura Nico Williams ukinira ikipe ya Atletico Bilbao.

Hansi Flick akigera muri FC Barcelona yabwiye Raphihna ko ari umukinnyi wingenzi ku ikipe ndetse aramuhindura akamugira umukinnyi utsinda ndetse ufasha FC Barcelona mu buryo bwo gusatira.

Ibi byemejwe na Raphihna mu Kiganiro n'itangazamakuru yakoze ku munsi wejo hashize tariki 31 Werurwe 2025, avuga ko Hansi Flick yamuhinduye cyane.

Yagize ati " Hansi Flick ubwo yageraga muri FC Barcelona, yarambwiye ngo uzaba umukinnyi w'ingenzi. Yahinduye ibintu byose kuri njye."

Raphihna Kandi yagarutse kuri Pedri Gonzalez, avuga ko ari umukinnyi w'ingenzi kuri FC Barcelona nubwo adatanga imipira myinshi ivamo ibitego cyangwa ngo atsinde ibitego byinshi ariko ni umutima w'ikipe.

Yagize ati" Pedri ntabwo afite imipira myinshi ivamo ibitego, ntabwo afite ibitego byinshi ariko kuri njye ni umukinnyi w'ingenzi cyane ku ikipe yacu. Ndatekereza ko Pedri ari umutima wa FC Barcelona."

Raphihna uyu mwaka amaze gukora cyane kuko muri shampiyona ya Esipanye mu mikino 27 amaze gukina, yatanze imipira 8 yavuyemo ibitego ndetse atsinda ibitego 13. 

Muri UEFA champions league, Raphihna amaze gukina imikino 10 yatsinze ibitego 11 atanga imipira 5 yavuyemo ibitego. Mu gikombe cy'igihugu, Raphihna amaze gukina imikino 2 yatsinze ibitego 2, atanga umupira umwe wavuyemo igitego.