issa
PSG yasebeje Real Madrid mu buryo bubabaje

PSG yasebeje Real Madrid mu buryo bubabaje

Jul 10, 2025 - 08:19
 0

Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze Real Madrid mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'isi cy'ama-Club.


Ni umukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025. Wari umukino mwiza ariko watangiye ikipe ya Real Madrid irushwa cyane.

Hakiri kare cyane PSG yaje kubona igitego cya mbere gitsinzwe na Fabian Louis ku munota wa 6. Ntabwo byatinze kuko PSG yaje kongera gutsinda igitego cya Kabiri ku munota wa 9 gitsinzwe na Ousmane Dembélé.

Ntabwo Real Madrid yigeze igaragaraza imbaraga nyinshi mu minota ya mbere ndetse wabonaga yaba mu kibuga hagati ndetse no mu gice cyo kugarira abakinnyi byagenda bakora amakosa ari nayo yabaviragamo gutsindwa ibitego.

Ku munota wa 24, Fabian Louis yaje kongera gutsinda igitego cya gatatu ari nacyo cya Kabiri yatsinze muri uyu mukino. Paris Saint-Germain ku munota wa 87, Goncalo Ramos yaje gutsinda igitego cya 4 birangira Real Madrid itsinzwe ibitego 4-0.

Nyuma y'umukino benshi bahise batangira kugaya cyane abakinnyi batakira Real Madrid barimo Kylian Mbape, Vinicius Jr bagaragaje imbaraga nke muri uyu mukino ariko cyane Vinicius Jr watakaje imipira myinshi.

Ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma, izahura na Chelsea FC yasezereye Fluminese iyitsinze ibitego 2-0. Umukino wa nyuma biteganyijwe ko uzaba tariki 13 Nyakanga 2025.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

PSG yasebeje Real Madrid mu buryo bubabaje

Jul 10, 2025 - 08:19
 0
PSG yasebeje Real Madrid mu buryo bubabaje

Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze Real Madrid mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'isi cy'ama-Club.


Ni umukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025. Wari umukino mwiza ariko watangiye ikipe ya Real Madrid irushwa cyane.

Hakiri kare cyane PSG yaje kubona igitego cya mbere gitsinzwe na Fabian Louis ku munota wa 6. Ntabwo byatinze kuko PSG yaje kongera gutsinda igitego cya Kabiri ku munota wa 9 gitsinzwe na Ousmane Dembélé.

Ntabwo Real Madrid yigeze igaragaraza imbaraga nyinshi mu minota ya mbere ndetse wabonaga yaba mu kibuga hagati ndetse no mu gice cyo kugarira abakinnyi byagenda bakora amakosa ari nayo yabaviragamo gutsindwa ibitego.

Ku munota wa 24, Fabian Louis yaje kongera gutsinda igitego cya gatatu ari nacyo cya Kabiri yatsinze muri uyu mukino. Paris Saint-Germain ku munota wa 87, Goncalo Ramos yaje gutsinda igitego cya 4 birangira Real Madrid itsinzwe ibitego 4-0.

Nyuma y'umukino benshi bahise batangira kugaya cyane abakinnyi batakira Real Madrid barimo Kylian Mbape, Vinicius Jr bagaragaje imbaraga nke muri uyu mukino ariko cyane Vinicius Jr watakaje imipira myinshi.

Ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma, izahura na Chelsea FC yasezereye Fluminese iyitsinze ibitego 2-0. Umukino wa nyuma biteganyijwe ko uzaba tariki 13 Nyakanga 2025.