issa
Point Zero ya Fizi yigaruriwe na Twirwaneho nyuma y’imirwano ikaze

Point Zero ya Fizi yigaruriwe na Twirwaneho nyuma y’imirwano ikaze

Jan 16, 2026 - 15:46
 0

Agace ka Point Zero, gaherereye muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kigaruriwe n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikaze.


Point Zero yari izwi nk’indiri ikomeye y’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, ikifashishwa mu kugaba ibitero byibasira Minembwe, Mikenke n’indi midugudu yo muri ako gace. Kuyitakaza kwa FARDC bifatwa nk’igihombo gikomeye ku ruhande rwa Leta muri aka karere.

Iyo mirwano yahuje abarwanyi ba Twirwaneho, bakorana n’ihuriro rya AFC/M23, n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifashijwe n’inyeshyamba za Wazalendo ndetse n’Ingabo z’u Burundi.

Amakuru avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo cya kare ku Gasozi ka Buruta, mbere yo kwaguka igasatira Point Zero, aho Twirwaneho yaje kuhigarurira burundu. Kugeza ubu ariko ntabwo umutekano uragaruka neza kuburyo abaturage basubira mu mirimo yabo uko bisanzwe.

Point Zero ya Fizi yigaruriwe na Twirwaneho nyuma y’imirwano ikaze

Jan 16, 2026 - 15:46
 0
Point Zero ya Fizi yigaruriwe na Twirwaneho nyuma y’imirwano ikaze

Agace ka Point Zero, gaherereye muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kigaruriwe n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikaze.


Point Zero yari izwi nk’indiri ikomeye y’ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, ikifashishwa mu kugaba ibitero byibasira Minembwe, Mikenke n’indi midugudu yo muri ako gace. Kuyitakaza kwa FARDC bifatwa nk’igihombo gikomeye ku ruhande rwa Leta muri aka karere.

Iyo mirwano yahuje abarwanyi ba Twirwaneho, bakorana n’ihuriro rya AFC/M23, n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifashijwe n’inyeshyamba za Wazalendo ndetse n’Ingabo z’u Burundi.

Amakuru avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo cya kare ku Gasozi ka Buruta, mbere yo kwaguka igasatira Point Zero, aho Twirwaneho yaje kuhigarurira burundu. Kugeza ubu ariko ntabwo umutekano uragaruka neza kuburyo abaturage basubira mu mirimo yabo uko bisanzwe.