issa
Perezida wa Real Madrid yongeye gutera ibitero muri FC Barcelona ndetse no mu buyobozi bwa Laliga

Perezida wa Real Madrid yongeye gutera ibitero muri FC Barcelona ndetse no mu buyobozi bwa Laliga

Nov 24, 2025 - 10:14
 0

Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez, yatangaje ko FC Barcelona yatanze amafaranga menshi ku muyobozi ushinzwe imisifurire muri Shampiyona ya Espagne. Iki ni ikintu cyazamuye amarangamutima ya benshi bijyanye nuko Perez yongeye kubivuga bitunguranye.


Ku Cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025, Real Madrid yakoze Inteko Rusange yari iyoborwa na Perezida wayo w’icyubahiro, Florentino Perez. Mu byo baganiriyeho harimo na Barcelona, cyane cyane ibirego baregwa bijyanye n’icyiswe "Negreira case".

Hashize hafi imyaka itatu havugwa cyane inkuru ko Barcelona yishyuraga Jose Maria Enriquez Negreira, wahoze ari visi perezida w’akanama gashinzwe abasifuzi (CTA) muri Espagne. Abanya-Catalunya bavuga ko ayo mafaranga atari ay’uburiganya cyangwa ruswa yo mu mikino nyamara ibyo ni byo bashinjwa muri iki gihe.

Real Madrid yatangaje ko yiteguye guhangana na Barcelona muri uru rubanza, kandi Perez yabigarutseho mu Nteko Rusange, nk’uko byatangajwe n'ikinyamakuru Diario AS.

Florentino Perez yagize ati " Si ibintu bisanzwe kubona Barcelona yarishyuye visi perezida w’abasifuzi amafaranga arenga miliyoni 8 z'Amayero mu gihe cy’imyaka nibura 17, impamvu yaba iyo ari yo yose. Uwo visi perezida w’abasifuzi yari afite inshingano zikomeye. Igihe ibi byabereye gihurirana, ku buryo butunguranye, n’ibihe Barcelona yagize itsinda cyane mu gihugu."

Yakomeje agira ati “Kandi Real Madrid ni yo kipe yonyine yitabiriye urubanza rwa ‘Negreira case’. Abaperezida bane bakomeje kwishyura aya mafaranga menshi mu gihe cy’imyaka 17 bahemba visi perezida w’abasifuzi. Fran Soto yasabye ko twarangiza iki kibazo, ariko se ni nde ugiye ku kibagirwa? Ukuri ni uko benshi mu basifuzi bavugwa muri ‘Negreira case’ bakiri mu kazi. Ibi bizahoraho iteka.”

Perez yakomeje avuga cyane yifashisha imibare y’amakarita atukura Real Madrid yahawe muri icyo gihe cyose gishize muri Shampiyona ya Laliga ndetse n'ayahawe FC Barcelona.

Yagize ati " Twese tuzi ko amakarita atukura ashingira cyane ku bushake bw’umusifuzi. Ndabaha imibare ifite icyo ivuga ku byemezo by’umusifuzi n’ingaruka bigira ku mukino. Mu kinyejana cya 21, Real Madrid ifite umusaruro mubi, twahawe amakarita 126, naho abo duhanganye bahawe 124. Kuri Barcelona bo bahawe 108, naho abo bahanganye bahawe 169.

Yakomeje agira ati “Mu mikino y’i Burayi, ibintu bimeze kimwe Barcelona yahawe amakarita arenga 12 naho Real Madrid ihabwa arenga 13. Mu gihe cya Negreira, Barcelona yari ifite arenga 49. Nimuhere ku byanyu mwisobanurire…”

Ibi byahise bikurikira gutakaza amanota kwa Real Madrid yakinnye na Elche mu ijoro ryacyeye tariki 23 Ugushyingo 2025, aho yanganyije bigoranye ibitego 2-2. Ni mu gihe mucyeba wayo FC Barcelona yari yatsinze Athletic Club ibitego 4-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu.

Kugeza ubu Real Madrid irimo kurusha FC Barcelona inota rimwe ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona kuko ubu Real Madrid iyoboye urutonde n'amanota 32 naho FC Barcelona ikaba ifite amanota 31.

Real Madrid yiteguye guhagarara igashinja FC Barcelona 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Perezida wa Real Madrid yongeye gutera ibitero muri FC Barcelona ndetse no mu buyobozi bwa Laliga

Nov 24, 2025 - 10:14
 0
Perezida wa Real Madrid yongeye gutera ibitero muri FC Barcelona ndetse no mu buyobozi bwa Laliga

Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez, yatangaje ko FC Barcelona yatanze amafaranga menshi ku muyobozi ushinzwe imisifurire muri Shampiyona ya Espagne. Iki ni ikintu cyazamuye amarangamutima ya benshi bijyanye nuko Perez yongeye kubivuga bitunguranye.


Ku Cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025, Real Madrid yakoze Inteko Rusange yari iyoborwa na Perezida wayo w’icyubahiro, Florentino Perez. Mu byo baganiriyeho harimo na Barcelona, cyane cyane ibirego baregwa bijyanye n’icyiswe "Negreira case".

Hashize hafi imyaka itatu havugwa cyane inkuru ko Barcelona yishyuraga Jose Maria Enriquez Negreira, wahoze ari visi perezida w’akanama gashinzwe abasifuzi (CTA) muri Espagne. Abanya-Catalunya bavuga ko ayo mafaranga atari ay’uburiganya cyangwa ruswa yo mu mikino nyamara ibyo ni byo bashinjwa muri iki gihe.

Real Madrid yatangaje ko yiteguye guhangana na Barcelona muri uru rubanza, kandi Perez yabigarutseho mu Nteko Rusange, nk’uko byatangajwe n'ikinyamakuru Diario AS.

Florentino Perez yagize ati " Si ibintu bisanzwe kubona Barcelona yarishyuye visi perezida w’abasifuzi amafaranga arenga miliyoni 8 z'Amayero mu gihe cy’imyaka nibura 17, impamvu yaba iyo ari yo yose. Uwo visi perezida w’abasifuzi yari afite inshingano zikomeye. Igihe ibi byabereye gihurirana, ku buryo butunguranye, n’ibihe Barcelona yagize itsinda cyane mu gihugu."

Yakomeje agira ati “Kandi Real Madrid ni yo kipe yonyine yitabiriye urubanza rwa ‘Negreira case’. Abaperezida bane bakomeje kwishyura aya mafaranga menshi mu gihe cy’imyaka 17 bahemba visi perezida w’abasifuzi. Fran Soto yasabye ko twarangiza iki kibazo, ariko se ni nde ugiye ku kibagirwa? Ukuri ni uko benshi mu basifuzi bavugwa muri ‘Negreira case’ bakiri mu kazi. Ibi bizahoraho iteka.”

Perez yakomeje avuga cyane yifashisha imibare y’amakarita atukura Real Madrid yahawe muri icyo gihe cyose gishize muri Shampiyona ya Laliga ndetse n'ayahawe FC Barcelona.

Yagize ati " Twese tuzi ko amakarita atukura ashingira cyane ku bushake bw’umusifuzi. Ndabaha imibare ifite icyo ivuga ku byemezo by’umusifuzi n’ingaruka bigira ku mukino. Mu kinyejana cya 21, Real Madrid ifite umusaruro mubi, twahawe amakarita 126, naho abo duhanganye bahawe 124. Kuri Barcelona bo bahawe 108, naho abo bahanganye bahawe 169.

Yakomeje agira ati “Mu mikino y’i Burayi, ibintu bimeze kimwe Barcelona yahawe amakarita arenga 12 naho Real Madrid ihabwa arenga 13. Mu gihe cya Negreira, Barcelona yari ifite arenga 49. Nimuhere ku byanyu mwisobanurire…”

Ibi byahise bikurikira gutakaza amanota kwa Real Madrid yakinnye na Elche mu ijoro ryacyeye tariki 23 Ugushyingo 2025, aho yanganyije bigoranye ibitego 2-2. Ni mu gihe mucyeba wayo FC Barcelona yari yatsinze Athletic Club ibitego 4-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu.

Kugeza ubu Real Madrid irimo kurusha FC Barcelona inota rimwe ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona kuko ubu Real Madrid iyoboye urutonde n'amanota 32 naho FC Barcelona ikaba ifite amanota 31.

Real Madrid yiteguye guhagarara igashinja FC Barcelona