issa
Mu bwongereza abakinnyi bafashwe na Virusi iteye ubwoba

Mu bwongereza abakinnyi bafashwe na Virusi iteye ubwoba

Mar 4, 2026 - 14:03
 0

Abakinnyi ba Newcastle United batewe na Virusi ishobora gutuma badakina umukino wa UEFA Champions League izahuramo na FC Barcelona.


Ibi umutoza wa Newcastle United, Eddie Howe, yabigarutse mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umukino, iyi kipe irakina na Manchester United kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gashyantare 2026.

Eddie Howe yatangaje ko hari abakinnyi bake batewe na Virusi ndetse ko barimo kubikurikirana cyane kugira ngo itaza gukwirakwira mu bandi.

Yagize ati “Dufite abakinnyi bake barwaye virusi. Ni ibintu turi gukurikirana hafi cyane, ntidushaka ko ikwirakwira, ni yo mpamvu turi gufata ingamba zose zikenewe.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari igihe cyiza, ariko uyu ni umupira w’amaguru, ibintu nk’ibi bibaho. Abakinnyi barwaye bari kuruhuka kandi twizeye ko bazakira vuba. Ababoneka biteguye gutanga umusanzu wabo.”

Umutoza wa Newcastale United yagaragaje ko muri uyu mwaka bagaragaje ubwitange mu mikinire ariko ibi ntacyo bizabatwara bazakomeza kwitegura neza.

Yagize ati “Twagaragaje imbaraga n’umutima w’ubwitange umwaka wose. Ibi ntibizagaragaza abo turi bo, twibanda ku myiteguro, gukira neza no kwitwara neza mu gihe cy’ingenzi, cyane cyane mu mukino ukomeye tuzahuramo na FC Barcelona. Nizeye iri tsinda. Tuzaba twiteguye, uko byagenda kose.”

Ikipe ya Newcastle United yibasiwe n’ikwirakwira rya virusi yibasiye abakinnyi benshi b’ikipe ya mbere, hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo bahure na FC Barcelona mu mukino wa UEFA Champions League. Ubu burwayi bwatumye imyitozo idakorwa neza kandi butera impungenge ku bijyanye n’abakinnyi bazaboneka muri uwo mukino ukomeye i Burayi.

Abakinnyi batari bacye kugeza ubu bivugwa ko bafashwe n’iyi Virusi barimo Jacob Ramsey na Nick Woltemade kandi bari mu bakoreshwa cyane na Newcastle United.

May be an image of ‎football, soccer and ‎text that says '‎Ziselo ن ဂစ် usela usela 2 l Mprengie Pren ie‎'‎‎Jacob Ramsey na Nick Woltemade bari mu bafashwe na virusi muri Newcastle United

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Mu bwongereza abakinnyi bafashwe na Virusi iteye ubwoba

Mar 4, 2026 - 14:03
 0
Mu bwongereza abakinnyi bafashwe na Virusi iteye ubwoba

Abakinnyi ba Newcastle United batewe na Virusi ishobora gutuma badakina umukino wa UEFA Champions League izahuramo na FC Barcelona.


Ibi umutoza wa Newcastle United, Eddie Howe, yabigarutse mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umukino, iyi kipe irakina na Manchester United kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gashyantare 2026.

Eddie Howe yatangaje ko hari abakinnyi bake batewe na Virusi ndetse ko barimo kubikurikirana cyane kugira ngo itaza gukwirakwira mu bandi.

Yagize ati “Dufite abakinnyi bake barwaye virusi. Ni ibintu turi gukurikirana hafi cyane, ntidushaka ko ikwirakwira, ni yo mpamvu turi gufata ingamba zose zikenewe.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ari igihe cyiza, ariko uyu ni umupira w’amaguru, ibintu nk’ibi bibaho. Abakinnyi barwaye bari kuruhuka kandi twizeye ko bazakira vuba. Ababoneka biteguye gutanga umusanzu wabo.”

Umutoza wa Newcastale United yagaragaje ko muri uyu mwaka bagaragaje ubwitange mu mikinire ariko ibi ntacyo bizabatwara bazakomeza kwitegura neza.

Yagize ati “Twagaragaje imbaraga n’umutima w’ubwitange umwaka wose. Ibi ntibizagaragaza abo turi bo, twibanda ku myiteguro, gukira neza no kwitwara neza mu gihe cy’ingenzi, cyane cyane mu mukino ukomeye tuzahuramo na FC Barcelona. Nizeye iri tsinda. Tuzaba twiteguye, uko byagenda kose.”

Ikipe ya Newcastle United yibasiwe n’ikwirakwira rya virusi yibasiye abakinnyi benshi b’ikipe ya mbere, hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo bahure na FC Barcelona mu mukino wa UEFA Champions League. Ubu burwayi bwatumye imyitozo idakorwa neza kandi butera impungenge ku bijyanye n’abakinnyi bazaboneka muri uwo mukino ukomeye i Burayi.

Abakinnyi batari bacye kugeza ubu bivugwa ko bafashwe n’iyi Virusi barimo Jacob Ramsey na Nick Woltemade kandi bari mu bakoreshwa cyane na Newcastle United.

May be an image of ‎football, soccer and ‎text that says '‎Ziselo ن ဂစ် usela usela 2 l Mprengie Pren ie‎'‎‎Jacob Ramsey na Nick Woltemade bari mu bafashwe na virusi muri Newcastle United