Manchester City yakanze abantu, FC Barcelona ikora ibyananiye Real Madrid! Uko byari byifasha i Burayi muri wikendi
Muri iyi wikendi ishize ikipe zikomeye i Burayi zari zigabye mu kibuga zimwe zitwara neza izindi zinanirwa gutsinda.
Amakuru yacu reka tuyahere mu gihugu cy’u Bufaransa aho ku cyumweru tariki 9 Ugushyingo 2025, ikipe ya Paris Saint-Germain yakinaga na Lyon. Ni umukino wari ukomeye cyane kuko ikipe zombi byageze ku munota wa 90 zinganya ibitego 2-2. Ikipe ya Paris Saint-Germain yasoje ibonye intsinzi y’ibitego 3-2.
Undi mukino wari ukomeye wabaye ku wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2025, aho ikipe ya AS Monaco yakinnye na Lens. Ni umukino warangiye Lens inyagiye Monaco ibitego 4-1.
Reka dukomereze mu gihugu cy’u Budage aho ikipe imwe rukumbi wavuga ko ikomeye, FC Bayern Munich yari yigabye mu kibuga ikina na Union Berlin urangira ikipe zombi zinganyije ibitego 2-2. Wari umukino utoroshye kuko Berlin yatsindaga Bayern yishyura ariko urangira ikipe zombi zinganyije.
Muri shampiyona y’u Bwongereza byari byifashe bite?
Abatuye Isi benshi baba bategereje kureba amwe mu makipe akunzwe ku Isi cyane akina shampiyona y’u Bwongereza arimo Manchester United, Liverpool FC, Arsenal FC, ndetse n’andi menshi.
Ku wa Gatandatu, ikipe ya Manchester United niyo yatangiye yigaba mu kibuga na Tottenham Hotspurs ariko ntibyagenda neza ku bakunzi b’amashitani atukura kuko ikipe yabo yanganyije ibitego 2-2.
Uyu mukino wagoye Manchester United cyane bitandukanye n’imikino iheruka kuko yabonye inota rimwe yiyushye akuya kuko byageze ku munota wa 90 yatsinzwe ibitego 2-1 ariko Matthijs De Lagt atsinda igitego cyo kwishyura ku munota wa 96 bituma itahana inota rimwe.
Kuri uyu munsi kandi Arsenal FC yinjijwe ibitego 2 na Sunderland FC nyuma y’imikino umunani itsinda itinjizwa igitego mu izamu ryayo. Arsenal FC yanganyije na Sunderland FC ibitego 2-2, wavuga ko yagowe n’abasore ba Sunderland kuko yabakinishije umupira batari biteze.
Undi mukino wabaye kandi wahuje ikipe ya Chelsea FC yanyagiye Wolverhampton Wanderers ibitego 3-0. Ibi bitego byatsinze na Malo Gusto, Joao Pedro ndetse na Pedro Neto.
Umwe mu mikino yari itegerejwe cyane harimo uwahuje ikipe ya Manchester City na Liverpool FC, warangiye ikipe ya Manchester City itsinze ibitego 3-0. Ni ibitego byatsinzwe na Erling Halaand, Nico Gonzalez ndetse na Jermie Doku. Uyu wari umukino wabonaga Manchester City yarushije cyane Liverpool FC ndetse iyi kipe byarashobokaga ko isoza ifite ibitego 4 kuko hari penalite Erling Halaand yahushije.
Muri Shampiyona ya Espagne byari byifashe bite?
Muri iyi shampiyona harimo amakipe akunzwe kurusha andi ku isi, Real Madrid na FC Barcelona ariko ntabwo ku bakunzi ba Real Madrid byagenze neza.
Ku wa Gatandatu, ikipe ya Atletico Madrid yakinnye umukino na Levante uza kurangira Atletico itsinze ibitego 3-1. Ni umukino woroheye cyane iyi kipe ibarizwa i Madrid kuko usibye igice cya mbere cyarangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1 ariko mu gice cya kabiri yahise iyobora umukino kugeza urangiye.
Ku cyumweru, Ku isaha ya saa kumi n’imwe na 45 z’umugoroba, Real Madrid yari yitezwe gutsinda Rayo Vallecano ariko siko byagenze kuko yatunguwe no kunyanga n’iyi kipe bigatuma itakaza amanota 2 kandi mucyeba wayo yari bukine nyuma yayo.
Ni umukino abakinnyi bayo bataha izamu bari ku rwego rwo hasi urebye amashoti agana mu izamu yatewe na Kyliam Mbappe cyangwa Vinicius Junior yari macye cyane. Mu kibuga hagati ha Real Madrid hatarimo Aurelien Tchouamen, wabonaga barushwa cyane na Rayo Vallecano byarashobokaga ko iyi kipe ibona ibitego nubwo yahushaga cyane.
Kuri uyu munsi kandi Saa Ine z’ijoro, FC Barcelona yagombaga gukina na Celta Vigo, birangira FC Barcelona itsinze ibitego 4-2. Ni umukino wagoye cyane FC Barcelona kuko yatsindaga indi ikishyura ubona ba myugariro n’umuzamu basinziriye nubwo baje guhindura uburyo bakinagamo birangira bitwaye neza. FC Barcelona yatsindiwe na Lamine Yamal ndetse na Robert Lewandowski watsinze ibitego 3, naho Celta Vigo itsindirwa na Carreira hamwe na Borja Iglesias.
Nyuma y’iyi mikino, abakinnyi bagiye gutangira kujya mu makipe yabo y’ibihugu aho hagiye gukomeza gukinwa imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi cyizaba 2026 muri Leta zunze ubumwe za America, Canada hamwe na Mexico.
Arsenal FC yanganyije na Sunderland FC ibitego 2-2

Real Madrid yanganyije na Rayo Vallecano 0-0



Kinyarwanda
English
Swahili









