issa
Ifungwa rya rwiyemezamirimo Niffer Jovin ryateje sakwe sakwe

Ifungwa rya rwiyemezamirimo Niffer Jovin ryateje sakwe sakwe

Nov 10, 2025 - 08:07
 0

Ku wa Gatatu w'icyumweru gishize Polisi ya Dar es Salaam yataye muri yombi Jennifer Jovin uzwi nka 'Niffer' umugore ucuruza akaba anakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Bukeye ari ku wa kane yitabye urukiko ashinjwa icyaha cy'ubugambanyi azira gusakaza amashusho ari kubyina indirimbo yamamaye mu myigaragambyo yakurikiye amatora yo ku wa 29 Ukwakira 2025.


Jennifer Jovin 'Niffer' umucuruzi wo muri Tanzania unakoresha cyane imbuga nkoranyambaga yafunzwe azira kubyina indirimbo inenga politiki ya Perezida Samia Suluhu anayisakaza kuri TikTok bityo, polisi ibifata nko kugumura abaturage. 

Ku mbuga nkoranyambaga azwi nka'Niffer' ni umugore w'imyaka 26 y'amavuko akaba icyamamare ku rubuga rwa TikTok, yifashisha mu gucuruza ibirungo by'ubwiza n'ibindi bikoresho bikenerwa n'abagore.

Polisi ya Dar Es Salaam yemereye itangazamakuru mu cyumweru gishize ko 'Niffer' yatawe muri yombi akaba akurikiranyweho gushaka kwica amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.

Icyo gihe polisi yavuze ko Niffer Jovin yifashe amashusho ari mu iduka rye noneho abyina indirimbo yitwa'Raïs Samia – MAANDAMANO YA Nywi-nywi-nywi.”

Ibi rero muri Tanzania bifatwa nk'ubugambanyi kuko ari icyaha ugihamijwe n'urukiko akatirwa igihano cy'urupfu. Kuri ubu rero, yaba umubyeyi wa Niffer Jovin yasakaje amashusho atakambira Perezida Samia Suluhu amusaba gufungura umukobwa we kuko asanzwe amushyigikira.

Nyina wa Niffer Jovin yabwiye Samia Suluhu ko umukobwa we ari we umutunze bityo igihe cyose yakomeza gufungwa nta kabuza inzara izamwica. Yafashe amashusho agira ati"Nitwa Mwanaisha Isaac ndi mama wa Jennifer Jovin, niwe udutunze n'abana be niwe ubishyurira ishuri, ntabwo ajya yivanga muri Politiki ndakwinginze mubabarire. Umwaka ushize umwana wanjye yakoze ubukangurambaga bukundisha abaturage Leta ya Samia. Ntabwo rero yagambanira igihugu.  Ibyo yakoze ni amakosa ndamusabira imbabazi"

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bari gusaba imiryango mpuzamahanga n'iharanira uburenganzira bwa muntu kugira icyo ikora Niffer Jovin agafungurwa kuko basanga arengana.

Polisi yavuze ko Jennifer Jovin mu gihe cyo kwigaragambya yahamagariye urubyiruko kugura udupfukamunwa kugirango bahangane n'ibyuka biryana mu maso.

Hari abandi 21 bafashwe bari gukurikiranwa ku ruhare bagize mu myigaragambyo yasize yangije ibikorwaremezo by'igihugu, amazu, n'ibindi byaratwitswe.

ku wa 7 Ugushyingo 2025 Jennifer Jovin yitabye urukiko ariko umunyamategeko we yahakanye icyaha cy'ubugambanyi. JenniferJovin yatawe muri yombi ku wa 27 Ukwakira 2025.

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Tanzania bakoresha imbuga nkoranyambaga bari kwerekana ko muri icyo gihugu nta bwisanzure buhari niba kubyina indirimbo y'amasegonda 20 bifatwa nko kugambanira igihugu, bakaba basaba ko Leta yakoroshya ingoyi y'igitugu.

Kugeza ubu muri Tanzania habarwa abasaga 1000 baguye mu myigaragambyo yamagana amatora yasize Samia Suluhu Hassan abonye amajwi 98%.

Ifungwa rya rwiyemezamirimo Niffer Jovin ryateje sakwe sakwe

Nov 10, 2025 - 08:07
Nov 10, 2025 - 08:41
 0
Ifungwa rya rwiyemezamirimo Niffer Jovin ryateje sakwe sakwe

Ku wa Gatatu w'icyumweru gishize Polisi ya Dar es Salaam yataye muri yombi Jennifer Jovin uzwi nka 'Niffer' umugore ucuruza akaba anakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Bukeye ari ku wa kane yitabye urukiko ashinjwa icyaha cy'ubugambanyi azira gusakaza amashusho ari kubyina indirimbo yamamaye mu myigaragambyo yakurikiye amatora yo ku wa 29 Ukwakira 2025.


Jennifer Jovin 'Niffer' umucuruzi wo muri Tanzania unakoresha cyane imbuga nkoranyambaga yafunzwe azira kubyina indirimbo inenga politiki ya Perezida Samia Suluhu anayisakaza kuri TikTok bityo, polisi ibifata nko kugumura abaturage. 

Ku mbuga nkoranyambaga azwi nka'Niffer' ni umugore w'imyaka 26 y'amavuko akaba icyamamare ku rubuga rwa TikTok, yifashisha mu gucuruza ibirungo by'ubwiza n'ibindi bikoresho bikenerwa n'abagore.

Polisi ya Dar Es Salaam yemereye itangazamakuru mu cyumweru gishize ko 'Niffer' yatawe muri yombi akaba akurikiranyweho gushaka kwica amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.

Icyo gihe polisi yavuze ko Niffer Jovin yifashe amashusho ari mu iduka rye noneho abyina indirimbo yitwa'Raïs Samia – MAANDAMANO YA Nywi-nywi-nywi.”

Ibi rero muri Tanzania bifatwa nk'ubugambanyi kuko ari icyaha ugihamijwe n'urukiko akatirwa igihano cy'urupfu. Kuri ubu rero, yaba umubyeyi wa Niffer Jovin yasakaje amashusho atakambira Perezida Samia Suluhu amusaba gufungura umukobwa we kuko asanzwe amushyigikira.

Nyina wa Niffer Jovin yabwiye Samia Suluhu ko umukobwa we ari we umutunze bityo igihe cyose yakomeza gufungwa nta kabuza inzara izamwica. Yafashe amashusho agira ati"Nitwa Mwanaisha Isaac ndi mama wa Jennifer Jovin, niwe udutunze n'abana be niwe ubishyurira ishuri, ntabwo ajya yivanga muri Politiki ndakwinginze mubabarire. Umwaka ushize umwana wanjye yakoze ubukangurambaga bukundisha abaturage Leta ya Samia. Ntabwo rero yagambanira igihugu.  Ibyo yakoze ni amakosa ndamusabira imbabazi"

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bari gusaba imiryango mpuzamahanga n'iharanira uburenganzira bwa muntu kugira icyo ikora Niffer Jovin agafungurwa kuko basanga arengana.

Polisi yavuze ko Jennifer Jovin mu gihe cyo kwigaragambya yahamagariye urubyiruko kugura udupfukamunwa kugirango bahangane n'ibyuka biryana mu maso.

Hari abandi 21 bafashwe bari gukurikiranwa ku ruhare bagize mu myigaragambyo yasize yangije ibikorwaremezo by'igihugu, amazu, n'ibindi byaratwitswe.

ku wa 7 Ugushyingo 2025 Jennifer Jovin yitabye urukiko ariko umunyamategeko we yahakanye icyaha cy'ubugambanyi. JenniferJovin yatawe muri yombi ku wa 27 Ukwakira 2025.

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Tanzania bakoresha imbuga nkoranyambaga bari kwerekana ko muri icyo gihugu nta bwisanzure buhari niba kubyina indirimbo y'amasegonda 20 bifatwa nko kugambanira igihugu, bakaba basaba ko Leta yakoroshya ingoyi y'igitugu.

Kugeza ubu muri Tanzania habarwa abasaga 1000 baguye mu myigaragambyo yamagana amatora yasize Samia Suluhu Hassan abonye amajwi 98%.