issa
RDF na UPDF basoje inama y’iminsi itatu igamije gushimangira umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi

RDF na UPDF basoje inama y’iminsi itatu igamije gushimangira umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi

Oct 2, 2025 - 20:19
 0

Inama ya gatandatu yahuje abayobozi b’ingabo bo ku rwego rwo hejuru mu Rwanda no muri Uganda basanzwe bashinzwe ibikorwa bya gisirikare ku mipaka y’ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa Kane nyuma y’iminsi itatu y’imirimo yabereye mu mujyi wa Kabale no mu wa Mbarara muri Uganda.


Iyi nama yari ihuje Ingabo z’u Rwanda (RDF) za Diviziyo ya 5 n’Ingabo za Uganda (UPDF) za Diviziyo ya 2, zose zikorera ku gice cy’umupaka uhuza ibi bihugu. Yashojwe ku mugaragaro na Maj.Gen Francis Takirwa, wungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Abayobozi b’ingabo z’ibihugu byombi bagarutse cyane ku buryo bwo gukomeza gushimangira imikoranire hagati ya RDF na UPDF, hagamijwe gukomeza kubaka icyizere n’ubufatanye mu kurinda umutekano n’ituze by’abaturage baturiye umupaka.

Hari ingamba zinyuranye zagarutsweho, zirimo:

Gukomeza guhanahana amakuru ku gihe arebana n’ibibazo by’umutekano.

Gukorana mu bikorwa byo gukumira no guhashya ibikorwa byambukiranya umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Gushimangira ubufatanye mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage baturiye imipaka.

Uretse kurebera gusa ku ruhande rw’umutekano, iyi nama yanibanze ku gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi n’abaturage baturiye umupaka. Byagarutsweho ko abaturage ari inkingi ya mwamba mu bikorwa byo kubungabunga ituze no gukumira ibibazo bishobora guhungabanya amahoro.

Abitabiriye iyi nama basoje bemeranya gukomeza guhura kenshi mu rwego rwo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafashwe, no gukomeza gukemura ibibazo hakiri kare. Byitezwe ko imikoranire y’izi ngabo izakomeza kuba igikoresho cy’ingenzi mu gushimangira amahoro n’umutekano ku mpande zombi z’umupaka wa Rwanda na Uganda.

RDF na UPDF basoje inama y’iminsi itatu igamije gushimangira umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi

Oct 2, 2025 - 20:19
Oct 2, 2025 - 20:27
 0
RDF na UPDF basoje inama y’iminsi itatu igamije gushimangira umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi

Inama ya gatandatu yahuje abayobozi b’ingabo bo ku rwego rwo hejuru mu Rwanda no muri Uganda basanzwe bashinzwe ibikorwa bya gisirikare ku mipaka y’ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa Kane nyuma y’iminsi itatu y’imirimo yabereye mu mujyi wa Kabale no mu wa Mbarara muri Uganda.


Iyi nama yari ihuje Ingabo z’u Rwanda (RDF) za Diviziyo ya 5 n’Ingabo za Uganda (UPDF) za Diviziyo ya 2, zose zikorera ku gice cy’umupaka uhuza ibi bihugu. Yashojwe ku mugaragaro na Maj.Gen Francis Takirwa, wungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Abayobozi b’ingabo z’ibihugu byombi bagarutse cyane ku buryo bwo gukomeza gushimangira imikoranire hagati ya RDF na UPDF, hagamijwe gukomeza kubaka icyizere n’ubufatanye mu kurinda umutekano n’ituze by’abaturage baturiye umupaka.

Hari ingamba zinyuranye zagarutsweho, zirimo:

Gukomeza guhanahana amakuru ku gihe arebana n’ibibazo by’umutekano.

Gukorana mu bikorwa byo gukumira no guhashya ibikorwa byambukiranya umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Gushimangira ubufatanye mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage baturiye imipaka.

Uretse kurebera gusa ku ruhande rw’umutekano, iyi nama yanibanze ku gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi n’abaturage baturiye umupaka. Byagarutsweho ko abaturage ari inkingi ya mwamba mu bikorwa byo kubungabunga ituze no gukumira ibibazo bishobora guhungabanya amahoro.

Abitabiriye iyi nama basoje bemeranya gukomeza guhura kenshi mu rwego rwo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafashwe, no gukomeza gukemura ibibazo hakiri kare. Byitezwe ko imikoranire y’izi ngabo izakomeza kuba igikoresho cy’ingenzi mu gushimangira amahoro n’umutekano ku mpande zombi z’umupaka wa Rwanda na Uganda.