issa
Lucas Vázquez azasezera Real Madrid nyuma ya Club World Cup

Lucas Vázquez azasezera Real Madrid nyuma ya Club World Cup

May 22, 2025 - 11:40
 0

Nyuma y’imyaka irenga icumi ari umwe mu nkingi za mwamba za Real Madrid, Lucas Vázquez, agiye gusezera ku ikipe y’inkomoko ye


Nkuko byemejwe n’impuguke mu bijyanye no kugura no kugurisha abakinnyi Fabrizio Romano, umukinnyi ukina ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 33 ari mu mwaka we wa nyuma muri Real Madrid Irushanwa rya Club World Cup ya 2025 rizaba ari ryo rya nyuma akinira Real Madrid ikipe yamuhaye amahirwe yo kuba igihangange ku rwego mpuzamahanga,

Lucas Vázquez yinjiye muri Real Madrid mu 2010 abanje mu ishuri ryayo ry’umupira w’amaguru La Fábrica ari naho yagaragaje impano ye idasanzwe. yagaragaye bwa mbere mu ikipe nkuru muri 2012 mu mukino wa gicuti na Real Oviedo ahita atsindamo igitego cye cya mbere.

Mu gihe cye muri Real Madrid, Vázquez yakinnye imikino y’ingenzi, atanga umusanzu ukomeye haba ku bwitange bwe mu kibuga no ku myitwarire ye itavogerwa. Muri sezo ya 2024/25 yakinnye imikino 49 atsinda ibitego 2 anatanga imipira 7 yavuyemo ibitego yongera kwerekana ko agifite imbaraga zo guhangana ku rwego rwo hejuru.

Lucas Vázquez azahora yibukwa nk’umukinnyi w’inyangamugayo wahoranaga umurava n'ubushake bwo kwitanga, nubwo atigeze aba indorerwamo nk'abandi banyabigwi ba Real Madrid ariko numwe mu bakinnyi b’abakozi b’inyuma batizaga umurindi intsinzi z’iyi kipe.

Si Lucas Vázquez gusa ushobora gutandukana na Real Madrid hari andi makuru avuga ko na Rodrygo Goes umukinnyi w'umunya Brazil ukiri muto, ashobora kwerekeza muri Chelsea cyangwa Arsenal zo mu Bwongereza nubwo bitaremezwa ku mugaragaro. Amakuru ava mu bafitanye isano n’iyi transfer arerekana ko ibiganiro biri ku rwego rwo hejuru n'aya makipe akomeye.

Impinduka ni imwe mu zitegerejwe muri Real Madrid nyuma ya Club World Cup aho hitezwe gutangiza igice gishya cy’amateka y’iyi kipe igiye kongera kuvugurura urwego rw’abakinnyi igashyira imbaraga mu kubaka Real Madrid nshya izakomeza guhatanira ibikombe ku rwego mpuzamahanga.

Lucas Vázquez  muri Real Madrid azagasiga urwibutso rukomeye mu mitima y’abakunzi b’iyi kipe, azahora yibukwa nk’umwe mu bakoze cyane batavugwa kenshi, ariko bagize uruhare rukomeye mu mateka n’ibihe byiza bya Real Madrid.

 

 

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Lucas Vázquez azasezera Real Madrid nyuma ya Club World Cup

May 22, 2025 - 11:40
May 22, 2025 - 12:02
 0
Lucas Vázquez azasezera Real Madrid nyuma ya Club World Cup

Nyuma y’imyaka irenga icumi ari umwe mu nkingi za mwamba za Real Madrid, Lucas Vázquez, agiye gusezera ku ikipe y’inkomoko ye


Nkuko byemejwe n’impuguke mu bijyanye no kugura no kugurisha abakinnyi Fabrizio Romano, umukinnyi ukina ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 33 ari mu mwaka we wa nyuma muri Real Madrid Irushanwa rya Club World Cup ya 2025 rizaba ari ryo rya nyuma akinira Real Madrid ikipe yamuhaye amahirwe yo kuba igihangange ku rwego mpuzamahanga,

Lucas Vázquez yinjiye muri Real Madrid mu 2010 abanje mu ishuri ryayo ry’umupira w’amaguru La Fábrica ari naho yagaragaje impano ye idasanzwe. yagaragaye bwa mbere mu ikipe nkuru muri 2012 mu mukino wa gicuti na Real Oviedo ahita atsindamo igitego cye cya mbere.

Mu gihe cye muri Real Madrid, Vázquez yakinnye imikino y’ingenzi, atanga umusanzu ukomeye haba ku bwitange bwe mu kibuga no ku myitwarire ye itavogerwa. Muri sezo ya 2024/25 yakinnye imikino 49 atsinda ibitego 2 anatanga imipira 7 yavuyemo ibitego yongera kwerekana ko agifite imbaraga zo guhangana ku rwego rwo hejuru.

Lucas Vázquez azahora yibukwa nk’umukinnyi w’inyangamugayo wahoranaga umurava n'ubushake bwo kwitanga, nubwo atigeze aba indorerwamo nk'abandi banyabigwi ba Real Madrid ariko numwe mu bakinnyi b’abakozi b’inyuma batizaga umurindi intsinzi z’iyi kipe.

Si Lucas Vázquez gusa ushobora gutandukana na Real Madrid hari andi makuru avuga ko na Rodrygo Goes umukinnyi w'umunya Brazil ukiri muto, ashobora kwerekeza muri Chelsea cyangwa Arsenal zo mu Bwongereza nubwo bitaremezwa ku mugaragaro. Amakuru ava mu bafitanye isano n’iyi transfer arerekana ko ibiganiro biri ku rwego rwo hejuru n'aya makipe akomeye.

Impinduka ni imwe mu zitegerejwe muri Real Madrid nyuma ya Club World Cup aho hitezwe gutangiza igice gishya cy’amateka y’iyi kipe igiye kongera kuvugurura urwego rw’abakinnyi igashyira imbaraga mu kubaka Real Madrid nshya izakomeza guhatanira ibikombe ku rwego mpuzamahanga.

Lucas Vázquez  muri Real Madrid azagasiga urwibutso rukomeye mu mitima y’abakunzi b’iyi kipe, azahora yibukwa nk’umwe mu bakoze cyane batavugwa kenshi, ariko bagize uruhare rukomeye mu mateka n’ibihe byiza bya Real Madrid.