issa
Real Madrid ntiyemerewe nk’ibyahawe FC Barcelona muri Shampiyona ya Espagne 

Real Madrid ntiyemerewe nk’ibyahawe FC Barcelona muri Shampiyona ya Espagne 

Oct 14, 2025 - 13:18
 0

Umuyobozi wa La Liga, Shampiyona ya Espagne, Javier Tebas, yatangaje ko ibyo bemereye FC Barcelona ntabwo yo yabihabwa.


Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na AS ku wa mbere tariki 13 Ukwakira 2025, yemeza ko Real Madrid ifite umuyobozi utemera ibyo ubuyobozi bwa La Liga bukora bityo ibyemerewe FC Barcelona ko yo itabihabwa.

Ku itariki 8 Ukwakira 2025, nibwo Shampiyona ya Espagne yatangaje ko yemeye ko umukino ugomba guhuza FC Barcelona na Villarreal FC izabera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ni umukino wa mbere uzaba ugiye gukinirwa hanze y’igihugu cya Espagne nyuma y’igihe bisabwa n’iyi kipe ariko barayangiye.  

Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba ku itariki 21 Ukuboza 2025, bizaba ari umunsi wa 17 wa Shampiyona ya Espagne.

Uyu muyobozi wa La Liga, Javier Tebas, ubwo yabazwaga niba Real Madrid izemererwa ko nayo yakinira umukino wayo hanze y’igihugu cya Espagne, yatangaje ko bidashoboka kuko umuyobozi wayo atemera ibyo bakora.

Yagize ati “ Kubera ubuyobozi (bwa Real Madrid) buriho ubu, ntibyashoboka. Ntibatwiyumvamo, kandi nta n’ikintu dukora bakunda. Sinavuga ko ndwana intambara na Florentino Perez. Ngenzura ibyo nkora gusa. Navuze kenshi ko Florentino atajya atsindwa, ni umuntu ukorana umuhate kandi udacika intege. Sinjya mwirengagiza.”

Ubwo ubuyobozi bwa Shampiyona ya Espagne bwasohoraga umwanzuro wo kwemera ko FC Barcelona na Villarreal zizakinira hanze ya Espagne, Real Madrid yahise yandikira FIFA na UEFA isaba ko uyu mukino batakwemera ko ujya gukinirwa hanze y’iki gihugu kuko imikino ya shampiyona itemerewe kujya hanze y’ahabera Shampiyona.

Real Madrid ntiyigeze ijya kure y’uyu mwanzuro yafashe wo kwitabaza FIFA na UEFA, Tebas yaje kugira nawe ibyo atangaza kubera iki kintu, yemeza ko uyu mukino uzakinwa kuko impande zose zirabyemera.

Yagize ati “ Real Madrid ntabwo ikunda ikintu na kimwe La Liga ikora. Ntacyo ifite cyo kuvuga kuri ibi. Uyu mukino urashoboka kuko amakipe arabishaka, abakinnyi barabishaka, kandi n’abafana barabishaka.”

Real Madrid kugeza ubu yicaye ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ya Espagne n’amanota 21, naho FC Barcelona iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 19.

La Liga President Javier Tebas responds to Vinicius Junior comments – ' -  Yahoo SportsJavier Tebas yemeje ko atakemerera Real Madrid gukinira hanze ya Espagne

Real Madrid drive La Liga's top viewership in Matchday 2 clash - Football |  Tribuna.comReal Madrid yabwiwe ko itemerewe gukinira hanze ya Espagne nkuko FC Barcelona yabyemerewe

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Real Madrid ntiyemerewe nk’ibyahawe FC Barcelona muri Shampiyona ya Espagne 

Oct 14, 2025 - 13:18
Oct 14, 2025 - 13:29
 0
Real Madrid ntiyemerewe nk’ibyahawe FC Barcelona muri Shampiyona ya Espagne 

Umuyobozi wa La Liga, Shampiyona ya Espagne, Javier Tebas, yatangaje ko ibyo bemereye FC Barcelona ntabwo yo yabihabwa.


Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na AS ku wa mbere tariki 13 Ukwakira 2025, yemeza ko Real Madrid ifite umuyobozi utemera ibyo ubuyobozi bwa La Liga bukora bityo ibyemerewe FC Barcelona ko yo itabihabwa.

Ku itariki 8 Ukwakira 2025, nibwo Shampiyona ya Espagne yatangaje ko yemeye ko umukino ugomba guhuza FC Barcelona na Villarreal FC izabera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ni umukino wa mbere uzaba ugiye gukinirwa hanze y’igihugu cya Espagne nyuma y’igihe bisabwa n’iyi kipe ariko barayangiye.  

Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba ku itariki 21 Ukuboza 2025, bizaba ari umunsi wa 17 wa Shampiyona ya Espagne.

Uyu muyobozi wa La Liga, Javier Tebas, ubwo yabazwaga niba Real Madrid izemererwa ko nayo yakinira umukino wayo hanze y’igihugu cya Espagne, yatangaje ko bidashoboka kuko umuyobozi wayo atemera ibyo bakora.

Yagize ati “ Kubera ubuyobozi (bwa Real Madrid) buriho ubu, ntibyashoboka. Ntibatwiyumvamo, kandi nta n’ikintu dukora bakunda. Sinavuga ko ndwana intambara na Florentino Perez. Ngenzura ibyo nkora gusa. Navuze kenshi ko Florentino atajya atsindwa, ni umuntu ukorana umuhate kandi udacika intege. Sinjya mwirengagiza.”

Ubwo ubuyobozi bwa Shampiyona ya Espagne bwasohoraga umwanzuro wo kwemera ko FC Barcelona na Villarreal zizakinira hanze ya Espagne, Real Madrid yahise yandikira FIFA na UEFA isaba ko uyu mukino batakwemera ko ujya gukinirwa hanze y’iki gihugu kuko imikino ya shampiyona itemerewe kujya hanze y’ahabera Shampiyona.

Real Madrid ntiyigeze ijya kure y’uyu mwanzuro yafashe wo kwitabaza FIFA na UEFA, Tebas yaje kugira nawe ibyo atangaza kubera iki kintu, yemeza ko uyu mukino uzakinwa kuko impande zose zirabyemera.

Yagize ati “ Real Madrid ntabwo ikunda ikintu na kimwe La Liga ikora. Ntacyo ifite cyo kuvuga kuri ibi. Uyu mukino urashoboka kuko amakipe arabishaka, abakinnyi barabishaka, kandi n’abafana barabishaka.”

Real Madrid kugeza ubu yicaye ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ya Espagne n’amanota 21, naho FC Barcelona iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 19.

La Liga President Javier Tebas responds to Vinicius Junior comments – ' -  Yahoo SportsJavier Tebas yemeje ko atakemerera Real Madrid gukinira hanze ya Espagne

Real Madrid drive La Liga's top viewership in Matchday 2 clash - Football |  Tribuna.comReal Madrid yabwiwe ko itemerewe gukinira hanze ya Espagne nkuko FC Barcelona yabyemerewe