Kylian Mbappé ntabwo arava mu mitwe y'ubuyobozi bwa Paris Saint-Germain
Rutahizamu wa Real Madrid, Kylian Mbappé aracyazengereje ubuyobozi bwa Paris Saint-Germain nyuma yo kuyosohokamo hari ibyo batumvikanaho.
Ku wa Kabiri tariki 16 Ukuboza 2025, Urukiko rwo mu Bufaransa rwategetse Paris Saint-Germain kwishyura Kylian Mbappé wahoze ayikinira, amafaranga angana na miliyoni 60 z’amayero, akubiyemo imishahara n’uduhimbazamusyi atari yarishyuwe.
Mbappé yari yasabye PSG miliyoni 263 z’amayero, naho PSG na yo ikamurega isaba miliyoni 240 z’amayero, ariko urukiko rumuha gusa Milliyoni 60 z'Amayero.
Urukiko rwemeje ko PSG itamwishyuye amezi atatu y’umushahara (Mata–Kamena 2024), agahimbazamusyi k’imyitwarire myiza n’ibigenerwa umukinnyi ku isinywa ry’amasezerano, aho bigaragara ko igice kinini cy’amafaranga yatsindiye ari uduhimbazamusyi. Mbere yaho, miliyoni 55 z’amayero zari zarafungiwe kuri konti za PSG bisabwe n’abunganira Mbappé.
Abunganira Mbappé bavuze ko bishimiye icyemezo, bashimangira ko n’umupira w’amaguru w’umwuga ugengwa n’amategeko y’umurimo kandi ko Mbappé yubahirije inshingano ze mu myaka irindwi yose yamaze muri PSG. Ku rundi ruhande, ntabwo PSG yemeye icyemezo kuko yahise ijurira, ivuga ko yahoraga ikora ibyo yasabwaga ntacyo yakoze cyatuma itanga aya mafaranga..
Aya makimbirane yaturutse ku kwanga kwa Mbappé kongera amasezerano no kwanga kujya muri Saudi Arabia muri 2023, ibintu byatumye habaho amakimbirane yamaze imyaka irenga ibiri, anashyirwa ku ruhande mu ntangiriro za shampiyona ya 2023–2024 mbere yo gusubizwa mu ikipe. PSG ivuga ko yari yemeye kureka bimwe mu byari kumwishyurwa ku mpera z’amasezerano, ariko abahagarariye Mbappé barabihakana.
Mbappé yakiniye PSG kuva 2017 kugeza 2024, atwara ibikombe 15, aba umukinnyi uyoboye abandi gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’iyi kipe kuko yatsinze ibitego 256 mu mikino 308, mbere yo kwerekeza muri Real Madrid ku buntu mu mpeshyi ya 2024.
Kylian Mbappé wakiniye PSG yatumye iyi kipe icibwa Milliyoni 60 z'amayero


Kinyarwanda
English
Swahili









