issa
SIMBA Queens yirukanye umunyarwandakazi kubera ubushobozi bucye

SIMBA Queens yirukanye umunyarwandakazi kubera ubushobozi bucye

Dec 17, 2025 - 10:41
 0

Umukinnyi w'umunyarwandakazi uheruka gusinyira SIMBA Queens yo muri Tanzania, Umutesiwase Magnifique, yasezerewe kubera ubushobozi bucye.


Hashize igihe gito Umutesiwase Magnifique asinyiye ikipe ya SIMBA Queens yo muri Tanzania ariko kubera urwego rwe ruri hasi bivugwa ko yamaze gusezererwa ndetse ari na hano mu Rwanda.

Uyu mukinnyi yasinye muri SIMBA Queens imyaka ibiri kuko muri Nzeri 2025, nibwo iyi kipe yamutangaje nk'umukinnyi wayo mushya nubwo bitakunze kuko ntabwo yigeze abona umwanya uhagije wo gukina bijyanye nuko urwego rwe rw'imikinire rwari hasi ari naho bahereye bamusezerera.

Nkuko bitangazwa n'ikinyamakuru Umuseke, kivuga ko Umutesiwase Magnifique, nyuma yo gusezererwa yamaze no kwitahira ari hano mu Rwanda ndetse ategereje ko hari ikipe yabona agakomeza Shampiyona y'u Rwanda.

Magnifique amakuru ahari kugeza ubu aramwerekeza mu Indahangarwa WFC ari nayo yavuyemo yerekeza muri SIMBA Queens yo muri Tanzania. Uyu munyarwandakazi asanzwe ari umukinnyi ukina ataha izamu ariko asezerewe nta gitego na kimwe atsindiye iyi kipe.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

SIMBA Queens yirukanye umunyarwandakazi kubera ubushobozi bucye

Dec 17, 2025 - 10:41
 0
SIMBA Queens yirukanye umunyarwandakazi kubera ubushobozi bucye

Umukinnyi w'umunyarwandakazi uheruka gusinyira SIMBA Queens yo muri Tanzania, Umutesiwase Magnifique, yasezerewe kubera ubushobozi bucye.


Hashize igihe gito Umutesiwase Magnifique asinyiye ikipe ya SIMBA Queens yo muri Tanzania ariko kubera urwego rwe ruri hasi bivugwa ko yamaze gusezererwa ndetse ari na hano mu Rwanda.

Uyu mukinnyi yasinye muri SIMBA Queens imyaka ibiri kuko muri Nzeri 2025, nibwo iyi kipe yamutangaje nk'umukinnyi wayo mushya nubwo bitakunze kuko ntabwo yigeze abona umwanya uhagije wo gukina bijyanye nuko urwego rwe rw'imikinire rwari hasi ari naho bahereye bamusezerera.

Nkuko bitangazwa n'ikinyamakuru Umuseke, kivuga ko Umutesiwase Magnifique, nyuma yo gusezererwa yamaze no kwitahira ari hano mu Rwanda ndetse ategereje ko hari ikipe yabona agakomeza Shampiyona y'u Rwanda.

Magnifique amakuru ahari kugeza ubu aramwerekeza mu Indahangarwa WFC ari nayo yavuyemo yerekeza muri SIMBA Queens yo muri Tanzania. Uyu munyarwandakazi asanzwe ari umukinnyi ukina ataha izamu ariko asezerewe nta gitego na kimwe atsindiye iyi kipe.