Neymar yacyeje umukinnyi w’umudage yemeza ko azayobora umupira w’isi
Rutahizamu w’umunya-Brazil, Neymar Junior Santos, yatangaje ko Musiala azaba umukinnyi ukomeye.
Neymar ibi yabitangaje tariki 29 Gicurasi 2025, ubwo ikipe ya Santos akinamo yari yagiye gukina umukino wa gishuti na RB Leibzig mu gihugu cy’ubudage.
Ibi uyu mugabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Sky German, nyuma yo kubazwa ku bakinnyi 2 b’abadage barimo Florian Wirtz na Jamal Musiala.
Neymar yavuze ko atazi Florian Wirtz ukina muri Bayern Leverkusen ariko yemeza ko azi cyane Jamal Musiala usanzwe akinira FC Bayern Munich.
Yagize ati “ Wirtz? Ntabwo muzi. Jamal Musiala? Yego ndamuzi. Ni umukinnyi uzi umupira, w’umuhanga cyane. Ndatekereza ko azaba umukinnyi ukomeye mu bihe biri imbere.”
Neymar Jr yerekeje muri Santos FC yazamukiyemo ubwo yatandukanaga na Al Hilal ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia.
Uyu mukino wahuje na RB Leibzig na Santos warangiye ikipe ya Neymar itsinzwe ibitego 3-1. Neymar yari yagarutse nyuma y’igihe ari mu mvune.
Jamal Musiala yakejwe na Neymar Jr
Florian Wirtz ukinira Bayern Leverkusen


Kinyarwanda
English
Swahili









