issa
Kigali:Hamuritswe drones zitwara abantu

Kigali:Hamuritswe drones zitwara abantu

Sep 4, 2025 - 09:12
 0

Mu Rwanda hamuritswe indege zitagira abapilote (drones) zitwara abantu ndetse biba ku nshuro ya mbere bikozwe muri Afurika.


Iki gikorwa cyabaye ku wa 3 Nzeri 2025, mbere y’uko hatangira inama yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere,‘Aviation Africa’ 25

Iyi nama igiye kuba ku nshuro ya cyenda ndetse bikaba biteganyijwe ko izamara iminsi ibiri kugeza ku wa 5 Nzeri 2025.

Izi ndege zatangijwe mu Rwanda zizwi nka ‘eVTOL’ zitwara abantu babiri zikaba zitwara ibiro birenga 600 zikorwa n’Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang zikaba zikoresha amashanyarazi ku rugero rwa 100%.

Zinashobora kugenda iminota 25 zitarashiramo umuriro no kugenda intera y’ibilometero 30 iri mu kirere.

Zishobora kugendera ku butumburuke bwa metero 100. Ifite amapine 12 afashe ku maguru ane. Ifite ikoranabuhanga riyifasha gutahura imbogamizi mu kirere.

Ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege za Gisivile, RCAA, Melissa Rusanganwa, ni we wakoze urugendo rwa mbere muri iyi ndege.

Rusanganwa yavuze ko izi ndege zizafasha kandi mu bukerarugendo bw’u Rwanda, abantu bagafashwa mu gusura ibice bitandukanye bikozwe vuba.

Yongeyeho yavuze ko ari na bwo buryo bwiza bwo kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije, kuko izi ndege zikoresha amashanyarazi 100%.

Izi Drones imwe igura ibihumbi 400$ ndetse u Rwanda rukaba ari urwa 21 izi Drone  zigezemo.

Mu mwaka wa 2024 Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang rwagurishije drones nk’izi 216.

Ubusanzwe drones zakoreshwaga mu Rwanda mu yindi mirimo nko kugeza imiti n’ibindi bikoresho by’ubuvuzi ku babikeneye.

Dronese nyinshi zikoreshwa na Zipline Rwanda yatangiriye ibikorwa byayo mu Rwanda ku rwego rw’Isi mu Ukwakira 2016.

Iki kigo cyifashisha drone imwe iba ifite ubushobozi bwo gutwara ibilo biri hagati ya bibiri na bitatu, batiri yayo ishobora kumara amasaha atatu itarashiramo umuriro.

Mu Ugushyingo 2024 iki kigo cyari kimaze kugeza serivisi zacyo mu bitaro 654 birimo amavuriro mato arenga 100, gishyira amaraso, imiti n’inkingo n’ibindi bikoresho byo mu buvuzi.

Ikora urugendo rw’ibilometero 160, igendera ku muvuduko wa kilometero 130 ku isaha, icyakora kuri ubu urugendo runini ikora ruyisaba iminota itarenze 40. Ni uruva i Muhanga rwerekeza ku Bitaro by’Akarere bya Mibilizi mu Karere ka Rusizi.

Zipline Rwanda ifite imihanda irenga 500 indege zayo zinyuramo zijyanye ubutumwa, ibyumvikana ko n’ahantu zigwa hangana n’uwo mubare.

 

Kigali:Hamuritswe drones zitwara abantu

Sep 4, 2025 - 09:12
 0
Kigali:Hamuritswe drones zitwara abantu

Mu Rwanda hamuritswe indege zitagira abapilote (drones) zitwara abantu ndetse biba ku nshuro ya mbere bikozwe muri Afurika.


Iki gikorwa cyabaye ku wa 3 Nzeri 2025, mbere y’uko hatangira inama yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere,‘Aviation Africa’ 25

Iyi nama igiye kuba ku nshuro ya cyenda ndetse bikaba biteganyijwe ko izamara iminsi ibiri kugeza ku wa 5 Nzeri 2025.

Izi ndege zatangijwe mu Rwanda zizwi nka ‘eVTOL’ zitwara abantu babiri zikaba zitwara ibiro birenga 600 zikorwa n’Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang zikaba zikoresha amashanyarazi ku rugero rwa 100%.

Zinashobora kugenda iminota 25 zitarashiramo umuriro no kugenda intera y’ibilometero 30 iri mu kirere.

Zishobora kugendera ku butumburuke bwa metero 100. Ifite amapine 12 afashe ku maguru ane. Ifite ikoranabuhanga riyifasha gutahura imbogamizi mu kirere.

Ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege za Gisivile, RCAA, Melissa Rusanganwa, ni we wakoze urugendo rwa mbere muri iyi ndege.

Rusanganwa yavuze ko izi ndege zizafasha kandi mu bukerarugendo bw’u Rwanda, abantu bagafashwa mu gusura ibice bitandukanye bikozwe vuba.

Yongeyeho yavuze ko ari na bwo buryo bwiza bwo kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije, kuko izi ndege zikoresha amashanyarazi 100%.

Izi Drones imwe igura ibihumbi 400$ ndetse u Rwanda rukaba ari urwa 21 izi Drone  zigezemo.

Mu mwaka wa 2024 Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang rwagurishije drones nk’izi 216.

Ubusanzwe drones zakoreshwaga mu Rwanda mu yindi mirimo nko kugeza imiti n’ibindi bikoresho by’ubuvuzi ku babikeneye.

Dronese nyinshi zikoreshwa na Zipline Rwanda yatangiriye ibikorwa byayo mu Rwanda ku rwego rw’Isi mu Ukwakira 2016.

Iki kigo cyifashisha drone imwe iba ifite ubushobozi bwo gutwara ibilo biri hagati ya bibiri na bitatu, batiri yayo ishobora kumara amasaha atatu itarashiramo umuriro.

Mu Ugushyingo 2024 iki kigo cyari kimaze kugeza serivisi zacyo mu bitaro 654 birimo amavuriro mato arenga 100, gishyira amaraso, imiti n’inkingo n’ibindi bikoresho byo mu buvuzi.

Ikora urugendo rw’ibilometero 160, igendera ku muvuduko wa kilometero 130 ku isaha, icyakora kuri ubu urugendo runini ikora ruyisaba iminota itarenze 40. Ni uruva i Muhanga rwerekeza ku Bitaro by’Akarere bya Mibilizi mu Karere ka Rusizi.

Zipline Rwanda ifite imihanda irenga 500 indege zayo zinyuramo zijyanye ubutumwa, ibyumvikana ko n’ahantu zigwa hangana n’uwo mubare.