issa
Amakimbirane ya P-Square afite isura y’umwuka mubi wa Sekibi

Amakimbirane ya P-Square afite isura y’umwuka mubi wa Sekibi

Sep 4, 2025 - 10:44
 0

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria akaba umwe mu bagize itsinda ry’umuziki rya Bracket, Obumneme uzwi ku izina rya Smash, yavuze ko amakimbirane ari hagati y’impanga z’abahanzi Peter na Paul, bazwi nka P-Square, afite inkomoko ku mwuka mubi wa Sekibi.


Ibi uyu muhanzi yabigarutseho ku wa 3 Nzeri mu kiganiro yagiranye na Afrimma Podcast hamwe na mugenzi we Vast. Smash yavuze ko urwango ruri hagati y’aba bavandimwe bombi atari urwango rusanzwe ahubwo ko ari umwuka mubi wa Sekibi wabugarije.
Smash yavuze ko na Paul ubwe yemera ko ikibazo cye na murumuna we Peter kitari urwango rusanzwe, ahubwo ko ari imbaraga z’umwuka mubi zabyinjiyemo.
Yagize ati“ Nganira cyane na Paul kurusha Peter, ariko nkunda gusura Peter mu rugo iwe kandi iyo muganirije aranyumva. Gusa iyo mbajijwe ku rwango ruri hagati yabo nk’umuntu wabaye hafi yabo, navuga ko ikibazo cyabo gishingiye ku mwuka mubi.
Ubwo mperuka guhura na Paul namubwiye ko ikibazo cye na murumuna we atari ibisanzwe, ahubwo ari Sekibi wabinjiyemo, nawe ubwe arabyemera. Urebye uburyo aba bombi bakundanaga n’uburyo bakoranaga cyane, birababaza kubona ibibabaho ubu.”
P-Square ni rimwe mu matsinda yari akomeye mu muziki wa Afurika ndetse no hanze yayo, aho ryakanyujijeho cyane mu ndirimbo zabo zakunzwe zirimo Bring It On na Money.
Nubwo iri tsinda ryigeze kuba ku isonga mu muziki nyafurika, ryagiye rivugwamo urwango n'amakimbirane hagati y’izimpanga zaritangije, bikageza n’aho bibaviramo gutandukana.
Benshi bakomeje kwibaza icyateye aba bavandimwe gutandukana kandi bari abavandimwe bakundanaga mu byiza no mu bibi, dore ko benshi barebera hafi umuziki w’Afurika bavuga ko ibyo Smash avuga by’uko Sekibi yabataye bifite ishingiro.

MUHIRE Jean Berchmans

Amakimbirane ya P-Square afite isura y’umwuka mubi wa Sekibi

Sep 4, 2025 - 10:44
Sep 4, 2025 - 13:27
 0
Amakimbirane ya P-Square afite isura y’umwuka mubi wa Sekibi

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria akaba umwe mu bagize itsinda ry’umuziki rya Bracket, Obumneme uzwi ku izina rya Smash, yavuze ko amakimbirane ari hagati y’impanga z’abahanzi Peter na Paul, bazwi nka P-Square, afite inkomoko ku mwuka mubi wa Sekibi.


Ibi uyu muhanzi yabigarutseho ku wa 3 Nzeri mu kiganiro yagiranye na Afrimma Podcast hamwe na mugenzi we Vast. Smash yavuze ko urwango ruri hagati y’aba bavandimwe bombi atari urwango rusanzwe ahubwo ko ari umwuka mubi wa Sekibi wabugarije.
Smash yavuze ko na Paul ubwe yemera ko ikibazo cye na murumuna we Peter kitari urwango rusanzwe, ahubwo ko ari imbaraga z’umwuka mubi zabyinjiyemo.
Yagize ati“ Nganira cyane na Paul kurusha Peter, ariko nkunda gusura Peter mu rugo iwe kandi iyo muganirije aranyumva. Gusa iyo mbajijwe ku rwango ruri hagati yabo nk’umuntu wabaye hafi yabo, navuga ko ikibazo cyabo gishingiye ku mwuka mubi.
Ubwo mperuka guhura na Paul namubwiye ko ikibazo cye na murumuna we atari ibisanzwe, ahubwo ari Sekibi wabinjiyemo, nawe ubwe arabyemera. Urebye uburyo aba bombi bakundanaga n’uburyo bakoranaga cyane, birababaza kubona ibibabaho ubu.”
P-Square ni rimwe mu matsinda yari akomeye mu muziki wa Afurika ndetse no hanze yayo, aho ryakanyujijeho cyane mu ndirimbo zabo zakunzwe zirimo Bring It On na Money.
Nubwo iri tsinda ryigeze kuba ku isonga mu muziki nyafurika, ryagiye rivugwamo urwango n'amakimbirane hagati y’izimpanga zaritangije, bikageza n’aho bibaviramo gutandukana.
Benshi bakomeje kwibaza icyateye aba bavandimwe gutandukana kandi bari abavandimwe bakundanaga mu byiza no mu bibi, dore ko benshi barebera hafi umuziki w’Afurika bavuga ko ibyo Smash avuga by’uko Sekibi yabataye bifite ishingiro.

MUHIRE Jean Berchmans