issa
Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20

Oct 20, 2025 - 10:33
 0

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20 itsinze ikipe y’igihugu ya Argentina.


Ni umukino wabaye ku cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025. Wari umukino ukomeye kuko aya makipe kugira ngo agera ku mukino wa nyuma yari yahigitse amakipe akomeye mu mupira w’abato ku isi.

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwayei iki gikombe nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Argentine ibitego 2-0. Ibi bitego byose bya Marocco byatsinzwe na Yassir Zabiri watsinze ku munota wa 12 ndetse n’uwa 29.

Ikipe y’igihugu ya Marocco itozwa na Mohamed Ouahbi, ije yiyongera ku ikipe y’igihugu ya Ghana yawaye iki gikombe cy’isi mu myaka 16 ishize kuko Ghana yagitwaye muri 2009.

Mu mikino ya 1/2, ikipe y’igihugu ya Marocco yasezereye ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuri Penalite 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota isanzwe y’umukino. Ikipe y’igihugu ya Argentine yo yasezereye Colombia ku gitego 1-0.

Iki gikombe cy’isi Marocco yatwaye cyaberaga mu gihugu cya Chile kuva tariki 27 Nzeri kugeza tariki 19 Ukwakira 2025. Iki gikombe cy’isi kibaye ku nshuro ya 24. Ikipe yatahanye umwanya wa gatatu ni Colombia maze U Bufaransa butaha buri ku mwanya wa kane.

 Yassir Zabiri niwe wahesheje Marocco nyuma yo gutsinda ibitego 2

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20

Oct 20, 2025 - 10:33
 0
Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwaye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20 itsinze ikipe y’igihugu ya Argentina.


Ni umukino wabaye ku cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025. Wari umukino ukomeye kuko aya makipe kugira ngo agera ku mukino wa nyuma yari yahigitse amakipe akomeye mu mupira w’abato ku isi.

Ikipe y’igihugu ya Marocco yatwayei iki gikombe nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Argentine ibitego 2-0. Ibi bitego byose bya Marocco byatsinzwe na Yassir Zabiri watsinze ku munota wa 12 ndetse n’uwa 29.

Ikipe y’igihugu ya Marocco itozwa na Mohamed Ouahbi, ije yiyongera ku ikipe y’igihugu ya Ghana yawaye iki gikombe cy’isi mu myaka 16 ishize kuko Ghana yagitwaye muri 2009.

Mu mikino ya 1/2, ikipe y’igihugu ya Marocco yasezereye ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuri Penalite 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota isanzwe y’umukino. Ikipe y’igihugu ya Argentine yo yasezereye Colombia ku gitego 1-0.

Iki gikombe cy’isi Marocco yatwaye cyaberaga mu gihugu cya Chile kuva tariki 27 Nzeri kugeza tariki 19 Ukwakira 2025. Iki gikombe cy’isi kibaye ku nshuro ya 24. Ikipe yatahanye umwanya wa gatatu ni Colombia maze U Bufaransa butaha buri ku mwanya wa kane.

 Yassir Zabiri niwe wahesheje Marocco nyuma yo gutsinda ibitego 2