Khadime Ndiaye ari gukora imyitozo mu ikipe nshya
Umunya-Senegal, Khadime Ndiaye, ari gukora imyitozo muri Kenyan Police FC nyuma yo gutandukana na Rayon Sports.
Ubwo Saison ya 2024/2025 yarangiraga, Khadime Ndiaye wafatiraga Rayon Sports mu myaka 2 ishize, nibwo yatandukanye n'iyi kipe nyuma yo gushijwa kwitsindisha mu mikino imwe n'imwe yatumye Rayon Sports itakaza igikombe.
Ni umuzamu wari mwiza ariko agashinjwa kutita ku mukino kuva utangiye kugeza urangiye bigatuma atsindwa ibitego byoroheje.
Nkuko bitangazwa n'abanyamakuru bo mu gihugu cya Kenya, bavuga ko Khadime Ndiaye amaze iminsi akora imyitozo muri Kenyan Police FC ndetse ngo mu minsi micye araza gusinya amasezerano kuko bari mu biganiro bya nyuma.
Kenyan Police FC yasoje Shampiyona umwaka ushize muri Kenya iri ku mwanya wa mbere n'amanota 65. Iyi kipe izakina CAF Champions League aho mu ijonjora rya mbere yatomboye FC Mogadishu City yo muri Somalia.
Khadime Ndiaye nasinya muri Kenyan Police FC, araba akurikiye abandi bakinnyi barimo Kevin Okola wasinye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025, avuye muri Sofapaka FC.
Khadime Ndiaye ari gukora imyitozo muri Kenyan Police FC


Kinyarwanda
English
Swahili









