issa
Inter Milan : Urugendo rugoye ruyigejeje ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Inter Milan : Urugendo rugoye ruyigejeje ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

May 8, 2025 - 13:11
 0

Inter Milan, ikipe ikomoka mu gihugu cy'Ubutaliani mu mujyi wa Milan, ni imwe mu makipe afite amateka akomeye mu mupira wamaguru byumwihariko mu marushanwa mpuzamahanga nka UEFA Champions league


Nkuko amateka yayo abigaragaza ikipe ya Inter Milan ifite ibikombe bitatu bya UEFA Champions league, iyi kipe imaze kugera ku mikino wa nyuma w'iri rushanwa inshuro 6 harimo nuheruka kuba muri 2022/2023 itsindwa na Mananchester City Iigitego 1-0. Iyi kipe n'imwe mu makipe atajya yisukirwa n'ikipe ibonetse yose muri aya marushanwa mpuzamahanga kubw’ibigwi n'amateka yayo atajya asibangana.

 Reka tubanze turebe urugendo yari Imaze iminsi inyuramo mbere yo kugera ku mukino wa nyuma

Inter Milan yatangiye irushanwa rya UEFA Champions League yitwara neza mu matsinda, yari mwu itsinda rikomeye ariko yabashije kubona amanota y’ingenzi mu rugo no hanze aho mu mikino 14 yakinnye muri iri rushanwa rya UEFA Champions league yatsinzemo imikino 10, inganya imikino 3, itsindwa umukino 1. Muri iyo mikino Inter Milan yagaragaje ko ari ikipe itanga icyizere ko yanatwara iri rushanwa mu gihe abenshi bagaragazaga ko bidashoboka dore ko yarihanganye cyane n'amakipe y'ibigugu afite n'abakinnyi bakomeye cyane bamenyereye irushanwa kandi banitwara neza.

Mu makipe akomeye yagiye ahura na Inter Milan harimo Man City aho byarangiye ari ubusa ku busa, Arsenal itsindwa na Inter Milan 1-0. Si ayo gusa kuko Inter Milan kugirango igere ku mukino wa nyuma yabashije gutsinda Bayern Munich na Barcelone ari nayo iherutse gusezerera muri 1/2.

Intel Milan yanyuze mu rugendo rutoroshye ariko twavuga ko kugirango igere ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yabifashijwemo cyane n'ubwugarizi bukomeye cyane (Defensive solidity) ndetseb n’ubusatirizi bukomeye cyane (attacking power) aho abakinnyi nka Lautaro Martínez, Thuran na Hakan Çalhanoğlu bitwaye neza babasha guheka Inter Milan kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Imikino ya 1/4 Inter Milan yerekanye ko iri ku rwego rwo hejuru cyane. Iyi kipe yifashisha uburyo bwo gusatira buzwi nka (counter attacks) cyane cyane ko bafite abasore barebare bazi kwiruka cyane. Iyi kipe kandi yagiye ibyaza umusaruro imipira yimiterekano mu buryo buzwi muri football nka (set pieces) ndetse ntitwakwirengagiza ko umunyezamu Yann Sommer yakoze akazi gakomeye cyane kugirango iyi kipe igere ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league.


Inter Milan igeze ku mukino wa nyuma ari kipe igaragaza ubushobozi. Umukino wa nyuma wa UEFA Champions league uteganyijwe taliki ya 31 gicurasi 2025 kuri Allianz Arena iherereye i Munich mu Budage. Ni umukino uzaba ukomeye cyane aho Inter Milan ishaka kwihorera kuko iheruka kuhatsindirwa ndetse no kongera kwandika amateka mu mupira w’amaguru  w’i Burayi.

 

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Inter Milan : Urugendo rugoye ruyigejeje ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

May 8, 2025 - 13:11
May 8, 2025 - 13:10
 0
Inter Milan : Urugendo rugoye ruyigejeje ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league

Inter Milan, ikipe ikomoka mu gihugu cy'Ubutaliani mu mujyi wa Milan, ni imwe mu makipe afite amateka akomeye mu mupira wamaguru byumwihariko mu marushanwa mpuzamahanga nka UEFA Champions league


Nkuko amateka yayo abigaragaza ikipe ya Inter Milan ifite ibikombe bitatu bya UEFA Champions league, iyi kipe imaze kugera ku mikino wa nyuma w'iri rushanwa inshuro 6 harimo nuheruka kuba muri 2022/2023 itsindwa na Mananchester City Iigitego 1-0. Iyi kipe n'imwe mu makipe atajya yisukirwa n'ikipe ibonetse yose muri aya marushanwa mpuzamahanga kubw’ibigwi n'amateka yayo atajya asibangana.

 Reka tubanze turebe urugendo yari Imaze iminsi inyuramo mbere yo kugera ku mukino wa nyuma

Inter Milan yatangiye irushanwa rya UEFA Champions League yitwara neza mu matsinda, yari mwu itsinda rikomeye ariko yabashije kubona amanota y’ingenzi mu rugo no hanze aho mu mikino 14 yakinnye muri iri rushanwa rya UEFA Champions league yatsinzemo imikino 10, inganya imikino 3, itsindwa umukino 1. Muri iyo mikino Inter Milan yagaragaje ko ari ikipe itanga icyizere ko yanatwara iri rushanwa mu gihe abenshi bagaragazaga ko bidashoboka dore ko yarihanganye cyane n'amakipe y'ibigugu afite n'abakinnyi bakomeye cyane bamenyereye irushanwa kandi banitwara neza.

Mu makipe akomeye yagiye ahura na Inter Milan harimo Man City aho byarangiye ari ubusa ku busa, Arsenal itsindwa na Inter Milan 1-0. Si ayo gusa kuko Inter Milan kugirango igere ku mukino wa nyuma yabashije gutsinda Bayern Munich na Barcelone ari nayo iherutse gusezerera muri 1/2.

Intel Milan yanyuze mu rugendo rutoroshye ariko twavuga ko kugirango igere ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yabifashijwemo cyane n'ubwugarizi bukomeye cyane (Defensive solidity) ndetseb n’ubusatirizi bukomeye cyane (attacking power) aho abakinnyi nka Lautaro Martínez, Thuran na Hakan Çalhanoğlu bitwaye neza babasha guheka Inter Milan kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.

Imikino ya 1/4 Inter Milan yerekanye ko iri ku rwego rwo hejuru cyane. Iyi kipe yifashisha uburyo bwo gusatira buzwi nka (counter attacks) cyane cyane ko bafite abasore barebare bazi kwiruka cyane. Iyi kipe kandi yagiye ibyaza umusaruro imipira yimiterekano mu buryo buzwi muri football nka (set pieces) ndetse ntitwakwirengagiza ko umunyezamu Yann Sommer yakoze akazi gakomeye cyane kugirango iyi kipe igere ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league.


Inter Milan igeze ku mukino wa nyuma ari kipe igaragaza ubushobozi. Umukino wa nyuma wa UEFA Champions league uteganyijwe taliki ya 31 gicurasi 2025 kuri Allianz Arena iherereye i Munich mu Budage. Ni umukino uzaba ukomeye cyane aho Inter Milan ishaka kwihorera kuko iheruka kuhatsindirwa ndetse no kongera kwandika amateka mu mupira w’amaguru  w’i Burayi.