Impamvu ikomeye yatumye umukino wa APR FC na Pyramids FC uhindurirwa amatariki
Hamenyekanye impamvu yatumye imikino ya CAF Champions League yagombaga guhuza APR FC na Pyramids FC yimurirwa amatariki izaberaho.
Nta gihe kinini gishize APR FC imenye ikipe izahura naho mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League, aho yatomboye Pyramid FC yo mu gihugu cya Misiri.
Ni inzozi zabaye mbi ku bakunzi ba APR FC kuko Saison ishize ya 2024-2025, iyi kipe yasezerewe mu ijonjora rya Kabiri itsinzwe na Pyramids FC ibitego 4-2 mu mikino yombi.
Ku munsi wejo hashize tariki 15 Kanama 2025, nibwo APR FC yamenyeshejwe ko umukino wayo na Pyramids FC amatariki wagombaga kuberaho yahindutse.
Ubundi uyu mukino ubanza wagombaga kuba hagati ya tariki 19 na 21 Nzeri 2025, uwo kwishyura ukaba nyuma y'icyumweru. CAF yamaze kwemeza ko umukino ubanza uzaba ku itariki ya 28 Nzeri naho uwo kwishyura ube ku itariki ya 4 Ukwakira 2025.
Amakuru UKWELITIMES twamenye nuko guhindura uyu mukino byatewe nuko byahuriranye no kuba hano mu Rwanda hazaba hakinirwa imikino ya Shampiyona y'isi y'Amagare. Iyi shampiyona izatangira tariki 21 Nzeri 2025, ariko inzira abakinnyi bazanyuramo zizaba zateguwe mbere.
Uyu mukino wari buzatume hari bimwe biragenda neza ndetse ku bufatanye n'impuzamashyirahamwe z'imikino itandukanye hasabwa ko uyu mukino wa APR FC na Pyramids FC wakegezwa i nyuma.
APR FC ikomeje imyiteguro y'uyu mukino aho irimo kugenda ikina imikino imwe ya gishuti iyifasha muri iyi myiteguro. Kuri iki cyumweru tariki 17 Kanama 2025, APR FC irakina umukino wa mbere mpuzamahanga na Power Dynamos FC yo muri Zambia.


Kinyarwanda
English
Swahili









