Afhamia Lotfi yafunze umutwe Thadee amwereka ko nta mikino afite
Umutoza wa Rayon Sports wanze inzira y'ibiganiro, umuyobozi w'iyi kipe, Twagirayezu Thadee yamweretse ko nta mikino afite.
Kuva ku itariki 6 Ukwakira 2025, nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangiye gushaka kugirana ibiganiro byo gutandukana na Afhamia Lotfi nyuma y'umusaruro utari mwiza uyu mutoza yari amaze igihe agaragaza.
Uwari umutoza wa Rayon Sports, Afhamia Lofti, bivugwa ko mu masezerano yari afitanye n'iyi kipe harimo ko natsindwa imikino itatu yikurikiranya azahabwa amafaranga angana n'amezi atatu agahita atandukana na Rayon Sports ariko bivugwa ko uyu mutoza iki yakirengagije agakomeza kunaniza ubuyobozi.
Ku wa Mbere tariki 13 Ukwakira 2025, umutoza wa Rayon Sports Afhamia Lofti yagiye mu Nzove ku kibuga cy'imyitozo cy'iyi kipe aho yari agiye gukoresha ikipe nk'ibisanzwe ariko aza kumenyeshwa ko atemerewe gukoresha imyitozo kuko icyemezo cyo kumuhagarika cyamaze gufatwa.
Uyu mutoza yicaye ku ntebe ziri mu Nzove kuva Saa Cyenda n'igice z'igicamunsi kugeza Saa Kumi n'imwe z'umugoroba. Lotfi aho yari yicaye yari kuri Telephone cyane ku buryo wabonaga itarimo kuva ku gutwi. Abakinnyi ba Rayon Sports ntabwo bakoze imyitozo nk'ibisanzwe kuko bakinnye gacye gacye kugeza isaha yo gusoreza igeze.
Afhamia Lotfi kuza mu Nzove bivugwa ko yari yabibujijwe ariko aranga arahagera ari bwo bahise bamubwira ko atemerewe gukoresha iyi myitozo n'ubuyobozi bw'ikipe.
Mu ijoro ryo ku wa mbere Kandi nibwo hahise hasohoka itangazo rivuga ko ikipe ya Rayon Sports yahagaritse uwari umutoza wayo mukuru, Afhamia Lotfi ndetse n'umwungiriza bazanye witwa Azouzi Lotfi. Amakuru UKWELITIMES twamenye nuko uyu mutoza guhagarikwa, ari intambwe ya mbere iyi kipe iteye yo gutandukana nawe.
Kugeza ubu muri Rayon Sports harimo kuvugwamo umutoza w'umunya-Cameroon, witwa Yves Clément Arroga Atsetso uheruka gutoza muri Dynamo de Douala. Uyu mutoza nta kazi yari afite kuko aheruka gutoza muri 2023.
Rayon Sports igiye kurwana n'ibibazo by'ibirego uko byagenda kose kuko hari amakuru avugwa ko Afhamia Lotfi agiye kujyana iyi kipe muri FIFA ariko kandi iki kirego kikazasangamo icyatanzwe na Robertinho Goncalves De Carmo utarishyurwa kugeza ubu.
Muri iri joro kandi Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na Myugariro Nsabimana Aimable mu buryo bw'ubwumvikane. Biravugwa ko uyu mukinnyi agiye kwerekeza muri Libya ariko ikipe ntabwo iramenyekana.
Afhamia Lotfi yahagaritswe


Kinyarwanda
English
Swahili









