Ousmane Dembélé yatangaje abantu nyuma yo gutsinda Inter Miami ya Messi
Ousmane Dembélé nyuma yaho ikipe ya PSG itsinze Inter Miami, yakoze agashya yaka ibintu byose Lionel Messi.
Ku cyumweru tariki 29 Kamena 2025, ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze Inter Miami ibitego 4-0 muri 1/8 cya FIFA Club World Cup.
Ni umukino woroheye cyane ikipe ya Paris Saint-Germain kuko mu gice cya mbere iyi kipe yari yatsinze ibitego 4-0. Ibi bitego byatsinzwe na Joao Neves, Ashraf Hakim ndetse na Fabian Louis.
Nyuma y'uyu mukino Lionel Messi yaje guhereza umwambaro we Ashraf Hakim ariko ageze mu rwambariro yongera kwakwa imyambaro na Ousmane Dembélé.
Ousmane Dembélé yaje gukora agashya kuko imyambaro yatse Messi irimo umupira wo hejuru, ikabutura ndetse n'inkweto yakinishije muri uyu mukino. Lionel Messi yakinanye na Ousmane Dembélé muri FC Barcelona.
Ousmane Dembélé yereka abamukurikira iyi myambaro yahawe na Lionel Messi yagize amagambo atangaza. Yagize ati " Mbega ukuntu ari byiza kongera kubonana nawe, Messi, umukinnyi mwiza w'ibihe byose. Nizeye ko urakomeza gukora amateka muri Inter Miami nkuko ubikoze mu gikombe cy'isi cy'ama-Club."
Usibye Lionel Messi watswe na Ousmane Dembélé imyambaro ariko Kandi na Jordi Alba na Loui Suarez, bose bahaye uyu musore uhabwa amahirwe yo gutwara Balloon D'Or imyambaro.
Paris Saint-Germain nyuma yo gukomeza muri 1/4, izahura na Bayern Munich yasezereye Flamengo yo muri Brazil ku bitego 4-2.


Kinyarwanda
English
Swahili









