issa
Aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine byaruta nkipfira - Asuman

Aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine byaruta nkipfira - Asuman

Oct 14, 2025 - 07:40
 1

Asuman Basalirwa, Perezida w’ishyaka rya Justice Forum muri Uganda yavuze ko byaruta akipfira aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine.


Ibi Asuman yabigarutseho kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Ukwakira ubwo yari mu kiganiro gitumirwamo abanyapolitike muri Uganda aho yavuze ko umubano we na Bobi Wine wari waratangiriye muri 2017 ubwo Asuman yiyamamarizaga kuba mu nteko ishinga amategeko muri Uganda Bobi Wine akamufasha muri ibyo bikorwa ndetse no muri 2018 Bobi Wine akamufasha mu bindi bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora ishyaka rya JEEMA ritavuga rumwe na leta ya Museveni bikarangira ariyoboye ariko avuga ko ubu umubano wabo wajemo agatotsi.

Nyuma y’aho, ibintu byatangiye kuzamba igihe Asuman Basalirwa yayoboraga itorwa ry’itegeko rihana ubutinganyi muri Uganda, bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni ndetse n’abashyigikiye NUP ishyaka Bobi Wine abarizwamo icyo gihe bamushinje gukorana na leta ya Museveni no kuba akorana bya hafi na Anita Among Perezida w’Inteko w’icyo gihugu.

Asuman ubwo yari mu kiganiro kuri uyu wa mbere yavuze ko ubu ahanganye n’uwari inshuti ye Bobi Wine ndetse ko yamubujije kumuvugisha, kumuhamagaye cyangwa ngo amwandikire ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Ntabwo ngihuza na we yambujije kumuvugisha no kumwandikira, nigeze no ku muhamagara ngo ndebe ko yaba yarahindutse arankupa. Bobi Wine yarahindutse rwose. Yatangiye kundwanya no kunsebereza mu baturage aho aba yiyamamarizaga."

Asuman Basalirwa yavuze ko Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine adaha agaciro abandi bayobozi b’imbere muri icyo gihugu cya Uganda bari mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, avuga ko kubera urwango Bobi Wine afitiye abanyapolitike bo muri icyo gihugu aramutse abaye Perezida uyobora Uganda byaruta akipfira aho kuyoborwa na we.

Ati “Habayeho nk’imbinduka Kyagulanyi akaba Perezida wa Uganda aho kuyoborwa na we byaruta nkipfira aho kuyoborwa na we kubera ko urwango adufitiye twese yaduta mu munyororo utarangira."

Abasesenguzi benshi mu bya politike bavuga ko ubu bwumvikane buke bushobora gutera imvururu mu matora ateganyijwe kuba 2026, ibi bikaba bibaye mu gihe Bobi Wine akomeje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye byo muri icyo gihugu cya Uganda aho Museveni na we bahanganye ageze kure ibyo bikorwa.

Aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine byaruta nkipfira - Asuman

Oct 14, 2025 - 07:40
Oct 14, 2025 - 08:54
 1
Aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine byaruta nkipfira - Asuman

Asuman Basalirwa, Perezida w’ishyaka rya Justice Forum muri Uganda yavuze ko byaruta akipfira aho kuba mu gihugu kiyobowe na Bobi Wine.


Ibi Asuman yabigarutseho kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Ukwakira ubwo yari mu kiganiro gitumirwamo abanyapolitike muri Uganda aho yavuze ko umubano we na Bobi Wine wari waratangiriye muri 2017 ubwo Asuman yiyamamarizaga kuba mu nteko ishinga amategeko muri Uganda Bobi Wine akamufasha muri ibyo bikorwa ndetse no muri 2018 Bobi Wine akamufasha mu bindi bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora ishyaka rya JEEMA ritavuga rumwe na leta ya Museveni bikarangira ariyoboye ariko avuga ko ubu umubano wabo wajemo agatotsi.

Nyuma y’aho, ibintu byatangiye kuzamba igihe Asuman Basalirwa yayoboraga itorwa ry’itegeko rihana ubutinganyi muri Uganda, bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni ndetse n’abashyigikiye NUP ishyaka Bobi Wine abarizwamo icyo gihe bamushinje gukorana na leta ya Museveni no kuba akorana bya hafi na Anita Among Perezida w’Inteko w’icyo gihugu.

Asuman ubwo yari mu kiganiro kuri uyu wa mbere yavuze ko ubu ahanganye n’uwari inshuti ye Bobi Wine ndetse ko yamubujije kumuvugisha, kumuhamagaye cyangwa ngo amwandikire ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Ntabwo ngihuza na we yambujije kumuvugisha no kumwandikira, nigeze no ku muhamagara ngo ndebe ko yaba yarahindutse arankupa. Bobi Wine yarahindutse rwose. Yatangiye kundwanya no kunsebereza mu baturage aho aba yiyamamarizaga."

Asuman Basalirwa yavuze ko Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine adaha agaciro abandi bayobozi b’imbere muri icyo gihugu cya Uganda bari mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, avuga ko kubera urwango Bobi Wine afitiye abanyapolitike bo muri icyo gihugu aramutse abaye Perezida uyobora Uganda byaruta akipfira aho kuyoborwa na we.

Ati “Habayeho nk’imbinduka Kyagulanyi akaba Perezida wa Uganda aho kuyoborwa na we byaruta nkipfira aho kuyoborwa na we kubera ko urwango adufitiye twese yaduta mu munyororo utarangira."

Abasesenguzi benshi mu bya politike bavuga ko ubu bwumvikane buke bushobora gutera imvururu mu matora ateganyijwe kuba 2026, ibi bikaba bibaye mu gihe Bobi Wine akomeje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye byo muri icyo gihugu cya Uganda aho Museveni na we bahanganye ageze kure ibyo bikorwa.