Imbeba yatumye umukino uhagarara kugeza ivuye mu kibuga [AMAFOTO]
Imbeba yinjiye mu kibuga mu mukino wahuje ikipe y'igihugu y'Ububiligi na Wales, biba gombwa ko uhagarara kugeza ivuye mu kibuga.
Mu ijoro ryacyeye tariki 13 Ukwakira 2025, ikipe y'igihugu y'Ububiligi yakinnye na Wales mu mukino ubanziriza uwa nyuma mu gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha.
Ni umukino wari ukomeye ariko watangiye ikipe y'igihugu ya Wales yitwara neza imbere y'Ububiligi ariko umukino uza kurangira itsinzwe ibitego 4-2. Ni umukino wabereye kuri Cardiff City Stadium yo muri Wales.
Ubwo byageraga ku munota wa 66, imbeba yaje kwinjira mu kibuga bituma umukino uba uhagaze izenguruka mu kibuga ariko iza gukurwamo aba ari bwo wongera gukomeza.
Ntabwo ibi ari bwo bibaye ku mugabane w'i Burayi gusa kuko muri Sitade ya Manchester United, Old Trafford, imbeba zigeze gutanga abakinnyi mu kibuga biba ngombwa ko babaza kuzikuramo umukino ubona gukomeza.
Muri uyu mukino wahuje Wales n'Ububiligi, Kevin De Bruyne yaje kwitwara neza kuko yatsinzemo ibitego bibiri muri bine byatsinzwe n'ikipe y'igihugu y'Ububiligi. Ibindi bitego byatsinzwe na Trossard ndetse na Thomas Meunier, naho ku ruhande rwa Wales, Rodon na Broadhead nibo batsinze.


Kinyarwanda
English
Swahili









