U Rwanda rukomeje gukoresha Siporo mu kwamamaza ubukerarugendo mpuzamahanga
U Rwanda rwishimiye kwakira abakinnyi batatu b’ikipe y’abagore ya Arsenal, ari bo Katie McCabe, Caitlin Foord na Laia Codina, bageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Nyakanga 2025, nyuma y’igihe kitazibagirana bagize mu ikipe ya Arsenal WFC.
Baje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine ruzabera muri Pariki y’Akagera (kuva ku ya 8 kugeza ku ya 11 Nyakanga), rugamije guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda no gushyigikira iterambere rya ruhago mu gihugu.
Iri tsinda ryageze i Kigali, ryakiranwa urugwiro ruvanze n’ubukangurambaga bwa Visit Rwanda. Ubufatanye bwa Visit Rwanda na Arsenal bwatangijwe mu 2018, bukaba bufashwa n’amakipe yombi y’abagabo n’abagore ya Arsenal mu guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda, aho kuva butangiye, umubare w’abasura igihugu wiyongereyeho 8%.
Ikipe ishinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru w’abagore muri Arsenal imaze gukora amahugurwa y’abatoza bo mu Rwanda ndetse n’amahugurwa y’inyongera, by’umwihariko mu kwezi kwa Mata 2024 hibandwa ku mupira w’abana bato. Ubu bufatanye na Arsenal bwatanze umusaruro ugaragara, aho bwagize uruhare rwa 13% mu musaruro mbumbe w’igihugu (GDP).
Iza rya ba bakinnyi b’ikipe y’abagore ya Arsenal muri iki gitondo, rikurikiye irya ba ruhago mpuzamahanga Jay-Jay Okocha na Didier Domi bageze i Kigali ku munsi wabanje mu rwego rwo gushyigikira ubukangurambaga bwa Visit Rwanda, ryerekana uburyo u Rwanda rwashyize imbaraga mu gukoresha siporo nk’uburyo bwo kwagura ubucuti mpuzamahanga no kumenyekanisha isura y’igihugu ku rwego rw’isi, binyuze mu guteza imbere ubukerarugendo.


Kinyarwanda
English
Swahili









