issa
Kwizera Olivier yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda

Kwizera Olivier yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda

Nov 11, 2025 - 19:22
 0

Umuzamu umaze iminsi adahamagarwa mu ikipe y'igihugu, Kwizera Olivier, yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda.


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, nibwo Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Adel Amrouche yahamagaye abakinnyi bakina hano mu Rwanda barimo Kwizera Olivier udafite ikipe kugeza ubu kuko iyo aherukamo ni Al Kawkab ikina icyiciro cya kabiri muri Saudi Arabia.

Ni urutonde rwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga rw'ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA ruriho abakinnyi bakina hano mu Rwanda gusa ariko bashyirwamo umuzamu Kwizera Olivier wari ukumbuwe na benshi mu ikipe y'igihugu.

Aba bakinnyi bahamagawe na Adel Amrouche ni 25, harimo abakinnyi ba APR FC bagera kuri barindwi, Umukinnyi umwe wa Rayon Sports, Police FC ifitemo abakinnyi bane, Kiyovu Sports ifitemo abakinnyi bane, Amagaju FC afitemo abakinnyi babiri, umukinnyi umwe wa Mukura Victory Sports, abakinnyi babiri ba AS Kigali ndetse n'umwe wa Etincelles FC.

Uyu mwiherero ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi igiye gukora ni uwo gusuzumwa ndetse no kwigishwa utuntu tumwe na tumwe umutoza Adel Amrouche ashaka gushyira mu bakinnyi nubwo nta mukino n'umwe wa gishuti iyi kipe biremezwa ko izakina.

Biteganyijwe ko uyu mwiherero uzatangira ku itariki 13 kugeza 16 Ugushyingo 2025.

Kwizera Olivier yongeye guhamagarwa mu ikipe y'igihugu 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Kwizera Olivier yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda

Nov 11, 2025 - 19:22
Nov 12, 2025 - 10:13
 0
Kwizera Olivier yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda

Umuzamu umaze iminsi adahamagarwa mu ikipe y'igihugu, Kwizera Olivier, yahamagawe mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda.


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, nibwo Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Adel Amrouche yahamagaye abakinnyi bakina hano mu Rwanda barimo Kwizera Olivier udafite ikipe kugeza ubu kuko iyo aherukamo ni Al Kawkab ikina icyiciro cya kabiri muri Saudi Arabia.

Ni urutonde rwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga rw'ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA ruriho abakinnyi bakina hano mu Rwanda gusa ariko bashyirwamo umuzamu Kwizera Olivier wari ukumbuwe na benshi mu ikipe y'igihugu.

Aba bakinnyi bahamagawe na Adel Amrouche ni 25, harimo abakinnyi ba APR FC bagera kuri barindwi, Umukinnyi umwe wa Rayon Sports, Police FC ifitemo abakinnyi bane, Kiyovu Sports ifitemo abakinnyi bane, Amagaju FC afitemo abakinnyi babiri, umukinnyi umwe wa Mukura Victory Sports, abakinnyi babiri ba AS Kigali ndetse n'umwe wa Etincelles FC.

Uyu mwiherero ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi igiye gukora ni uwo gusuzumwa ndetse no kwigishwa utuntu tumwe na tumwe umutoza Adel Amrouche ashaka gushyira mu bakinnyi nubwo nta mukino n'umwe wa gishuti iyi kipe biremezwa ko izakina.

Biteganyijwe ko uyu mwiherero uzatangira ku itariki 13 kugeza 16 Ugushyingo 2025.

Kwizera Olivier yongeye guhamagarwa mu ikipe y'igihugu