Igikombe cy'Amahoro kigiye kwitabirwa n'amakipe 28 uyu mwaka
Ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze gutangaza amakipe 28 azakina igikombe cy'Amahoro Saison 2025-2026.
Ni rutonde rwashyizwe hanze mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 15 Ukuboza 2025, aho kuri uru rutonde hariho amakipe 16 akina Shampiyona y'icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, amakipe 10 akina Shampiyona y'icyiciro cya kabiri ndetse n'amakipe abiri akina Shampiyona y'icyiciro cya Gatantu.
Amakipe yiyandikishije akina Shampiyona y'icyiciro cya mbere ariko Police FC, APR FC, Marine FC, Gasogi United, Rayon Sports, Kiyovu Sports, Musanze FC, Gorilla FC, Mukura Victory Sports, Gicumbi FC, Amagaju FC, AS Muhanga, Bugesera FC, Rutsiro FC, AS Kigali na Etincelles FC.
Amakipe abarizwa mu cyiciro cya Kabiri yiyandikishije arimo Intare FC, Nkombo FC, Unity FC, UR FC, Nyanza FC, Vision FC, Motar FC, City Boys, La Jeunesse na Muhanzi United. Amakipe yo mu cyiciro cya Gatatu arimo Teleos Arrows ndetse na Imanzi FC.
Muri uru rutonde ntabwo hagaragaramo amakipe abiri yo muri Sudani, Al Hilal Omdurman ndetse na Al Merrikh SC. Mbere yo kwakirwa muri Shampiyona y'u Rwanda, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice yatangaje ko aya makipe naza agashaka gukina ayandi marushanwa yo mu gihugu bazayemerera ariko bafata umwanzuro wo gukina Shampiyona gusa bazumva icyemeza cyabo.
Biteganyijwe ko iki gikombe cy'Amahoro kizatangira mu mwaka utaha ariko kugeza ubu ntabwo haratangazwa i Tariki ya nyayo iki gikombe cyizatangiriraho. Igikombe cy'Amahoro giheruka cyatwawe na APR FC nyuma yo gutsindira ku mukino wa nyuma ikipe ya Rayon Sports ibitego 2-0.
APR FC niyo iheruka kwegukana iki gikombe cy'Amahoro
AMAFOTO: IGIHE


Kinyarwanda
English
Swahili









