
Ibyamamare muri Uganda bikomeje gusabira Eddie Mutwe kurekurwa
Ibyamamare bitandukanye muri Uganda, barimo Tuff B, Nina Roz, na Nubian Li bakomeje gusaba ko Eddie Mutwe, wari umurinzi wa Bobi Wine, arekurwa.
Hashize iminsi mike havugwa inkuru y’ibura rya Eddie Mutwe, uzwi cyane mu ruganda rw’umuziki wa Uganda ndetse akaba n’umurinzi wa Bobi Wine.
Umuyobozi w'ishyaka NUP, Bobi Wine, yatangaje ko yashimuswe n'abasirikare bo mu mutwe udasanzwe wa Uganda, ubwo yari ari mu gace ka Mukono.
Nyuma y'uko Bobi Wine atangaje ibi, Gen. Muhoozi Kainerugaba ku mugoroba wo ku wa Kane, anyuze kuri X yagaragarije Bobi Wine ko ari we ufite Eddie Mutwe, ndetse ari kwiga Ikinyankole n'ubwanwa bwe bwogoshwe ubu afite isuku ku mubiri.
Ibyamamare bitandukanye mu muziki wa Uganda, ndetse biri mu ishyaka rya Bobi Wine, nyuma y'ubu butumwa byakomeje kwerekana ko Eddie Mutwe akwiye kurekurwa vuba na bwangu.
Eddie Mutwe aganira n'umwana w'umuhungu wa Bobi Wine