Gasogi United yatsinze AS Muhanga bigoranye
Mu mukino w'umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona, Gasogi United yitwaye neza imbere ya AS Muhanga.
Kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, kuri Kigali Pele Stadium habereye umukino wahuje Gasogi United na AS Muhanga urangira Gasogi United itsinze igitego kimwe ku busa.
Ni umukino utari woroshye ku mpande zombi kuko aya makipe ubona anganya imbaraga nubwo ku rutonde Gasogi United iri imbere. Uyu mukino waje kurangira AS Muhanga itsinzwe igitego 1-0. Igitego cya Gasogi United cyatsinzwe na Udahemuka Jean De Dieu ku munota wa 39.
AS Muhanga yashatse uko yabona igitego cyo kwishyura ariko biranga. Ku munota wa 70, Gasogi United yongeye kubona igitego cya Kabiri gitsinzwe na Ndikumana Danny ariko umusifuzi w'umukino yemeza ko habayemo kurarira.
Umukino waje kurangira ikipe ya Gasogi United itahanye amanota atatu nubwo byari bigoranye cyane kuko iminota ya nyuma AS Muhanga FC yatatse cyane Gasogi United kubona igitego biranga.
Ikipe ya Gasogi United yahise igira amanota 9 ifata umwanya wa Gatatu, naho AS Muhanga iguma ku mwanya wa 13 n'amanota 4. Udahemuka Jean De Dieu niwe watowe nk'umukinnyi w'umukino nyuma yo kwitwara neza ndetse anahesha Gasogi United amanota atatu.


Kinyarwanda
English
Swahili









