issa
Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein imbere y'abafana benshi

Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein imbere y'abafana benshi

Mar 26, 2026 - 18:38
 0

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026, nibwo hatangiye imikino ya FIFA Series 2026 irimo kubera hano mu Rwanda. Ni imikino yatangiye ku isaha ya saa Saba n'igice, ikipe ya Aruba ikina na Macua. Ni umukino warangiye Aruba itsinze ibitego 4-1.


Nyuma Gato haje gukinwa undi mukino hagati ya Tanzania na Leichtenstein, watangiye ku isaha ya saa Kumi n'igice z'umugoroba. Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatangiye ikina neza ariko igenda ihusha uburyo bukomeye ariko ubona ko iraza kubona igitego.

Ku munota wa 9, Mwalimu Selemani yahushije igitego cyabazwe. Ni umupira mwiza yahawe na Kevin John ariko Selemani acenga umuzamu ateye ishoti umupira uca hejuru y'izamu, Tanzania ibura igitego gutyo.

Ku munota wa 36, ikipe ya Leichtenstein yabonye amahirwe ya mbere nyuma y'uburyo bukomeye Traber Lars yabonye ateye ishoti rikomeye cyane umuzamu wa Tanzania witwa Amos Yona ahita awufata nta gihunga.

Nyuma Gato ikipe ya Tanzania yabonye uburyo bukomeye ku mupira mwiza watewe na Mwalimu Selemani umupira uragenda ukubita ipoto ry'izamu uvamo asubijemo umupira abasore ba Leitchenstein bawushyira hanze.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga nke cyane kuko wabonaga ikipe zombi zirimo gukinira hagati mu kibuga cyane ariko kurema uburyo cyane bitarimo gukunda.

Ku munota wa 55, ikipe ya Leichtenstein yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Saglam Ferhat. Ni umupira mwiza yafashe ari wenyine imbere y'izamu ahita atsinda igitego cya mbere.

Nyuma y'iminota ibiri gusa ikipe ya Leichtenstein yongeye guhusha uburyo bukomeye wabonaga Tanzania ba myugariro bayo barimo kurangara cyane.

Ku munota wa 62, Tanzania yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza watewe na Fei Toto, uca hanze gato nyuma y'umupira watewe na Allarakhia Tarryn.

Umukino wahuzaga ikipe y'igihugu ya Tanzania na Leitchenstein warangiye ikipe ya Leichtenstein itsinze igitego 1-0. Ni umukino ikipe y'igihugu ya Tanzania yakinnye neza mu gice cya mbere ariko igeze mu gice cya kabiri ubona Leitchenstein irimo gukina ibintu bitanga umusaruro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026, harakomeza iyi mikino aho ikipe y'igihugu y'u Rwanda na Grenada zizakina ndetse n'umukino uzahuza ikipe y'igihugu ya Estonia na Kenya.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein imbere y'abafana benshi

Mar 26, 2026 - 18:38
Mar 26, 2026 - 18:51
 0
Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein imbere y'abafana benshi

Kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026, nibwo hatangiye imikino ya FIFA Series 2026 irimo kubera hano mu Rwanda. Ni imikino yatangiye ku isaha ya saa Saba n'igice, ikipe ya Aruba ikina na Macua. Ni umukino warangiye Aruba itsinze ibitego 4-1.


Nyuma Gato haje gukinwa undi mukino hagati ya Tanzania na Leichtenstein, watangiye ku isaha ya saa Kumi n'igice z'umugoroba. Ikipe y'igihugu ya Tanzania yatangiye ikina neza ariko igenda ihusha uburyo bukomeye ariko ubona ko iraza kubona igitego.

Ku munota wa 9, Mwalimu Selemani yahushije igitego cyabazwe. Ni umupira mwiza yahawe na Kevin John ariko Selemani acenga umuzamu ateye ishoti umupira uca hejuru y'izamu, Tanzania ibura igitego gutyo.

Ku munota wa 36, ikipe ya Leichtenstein yabonye amahirwe ya mbere nyuma y'uburyo bukomeye Traber Lars yabonye ateye ishoti rikomeye cyane umuzamu wa Tanzania witwa Amos Yona ahita awufata nta gihunga.

Nyuma Gato ikipe ya Tanzania yabonye uburyo bukomeye ku mupira mwiza watewe na Mwalimu Selemani umupira uragenda ukubita ipoto ry'izamu uvamo asubijemo umupira abasore ba Leitchenstein bawushyira hanze.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga nke cyane kuko wabonaga ikipe zombi zirimo gukinira hagati mu kibuga cyane ariko kurema uburyo cyane bitarimo gukunda.

Ku munota wa 55, ikipe ya Leichtenstein yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Saglam Ferhat. Ni umupira mwiza yafashe ari wenyine imbere y'izamu ahita atsinda igitego cya mbere.

Nyuma y'iminota ibiri gusa ikipe ya Leichtenstein yongeye guhusha uburyo bukomeye wabonaga Tanzania ba myugariro bayo barimo kurangara cyane.

Ku munota wa 62, Tanzania yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza watewe na Fei Toto, uca hanze gato nyuma y'umupira watewe na Allarakhia Tarryn.

Umukino wahuzaga ikipe y'igihugu ya Tanzania na Leitchenstein warangiye ikipe ya Leichtenstein itsinze igitego 1-0. Ni umukino ikipe y'igihugu ya Tanzania yakinnye neza mu gice cya mbere ariko igeze mu gice cya kabiri ubona Leitchenstein irimo gukina ibintu bitanga umusaruro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026, harakomeza iyi mikino aho ikipe y'igihugu y'u Rwanda na Grenada zizakina ndetse n'umukino uzahuza ikipe y'igihugu ya Estonia na Kenya.