issa
APR na REG muri Basketball y’Abagore zikomeje guce impaka mu mikino ya Zone 5

APR na REG muri Basketball y’Abagore zikomeje guce impaka mu mikino ya Zone 5

Nov 14, 2025 - 09:00
 0

APR WBBC na REG WBBC zikomeje kwitwara neza mu mikino ya Zone 5 irimo kubera Nairobi muri Kenya.


Ni imikino yatangiye ku itariki 9 Ugushyingo 2025, aho ikipe zihagarariye u Rwanda zirimo APR na REG mu bagore zatangiye zikina imikino yazo ndetse zitwara neza kuko mu mikino ine yose zakinnye ntabwo ziratsindwa umukino n’umwe.

Ikipe ya APR WBBC yatangiye ikina umukino na Gladiators WBBC urangira APR WBBC itsinze amanota 92 kuri 41. REG WBBC ku itariki 9 Ugushyingo 2025, yo yari yakinnye na Don Bosco Lady Lions urangira REG itsinze amanota 87-38.

Ku itariki 11 Ugushyingo 2025, ikipe ya REG WBBC yongeye kwigaba mu kibuga ikina na Zetech University birangira n’ubundi REG itsinze amanota 86 kuri 44. Kuri uyu munsi kandi APR WBBC nayo yari yakinnye umukino na Foxes WBBC urangira APR WBBC itsinze amanota 89 kuri 51.

Izi kipe zihagarariye u Rwanda muri iyi mikino ubona ko urwego ziriho ziri hejuru cyane kuko ku itariki 12 Ugushyingo 2025, APR WBBC yongeye gukina umukino na Stormers urangira itsinze amanota 70 kuri 50. Kuri uyu munsi kandi REG WBBC yakinnye na Zetech Sparks, umukino urangira REG WBBC itsinze amanota 86 kuri 44.

Abakunzi ba Basketball muri Kenya bari bategereje kureba niba hari ikipe itsindwa muri aya makipe ahagarariye u Rwanda ariko siko byagenze kuko n’imikino isoza itsinda zigiye zirimo zaraye ziyitsinze.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 13 Ugushyingo 2025, izi kipe zihagarariye u Rwanda zakinnye imikino ya nyuma mu itsinda, aho ikipe ya REG WBBC yaje gutsinda LES HIPPOS amanota 67 kuri 56. Ni mu gihe kandi ikipe ya APR WBBC yo yatsindaga isuzuguye cyane Kenya Port Authority amanota 81 kuri 71.

APR WBBC na REG WBBC yabonye itike yo kugera mu mikino ya 1/2 aho biteganyijwe ko iraba kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Ugushyingo 2025. REG WBBC izahura na Kenya Ports Authority naho APR WBBC izahura na LES HOPPOS. Ikipe Eshatu za mbere muri iyi mikino zizahita zibona itike yo gukina imikino ya nyuma ya Basketball ya Afurika mu bagore izabera mu Misiri guhera tariki 5 kugeza tariki 15 Ukuboza 2025.

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR na REG muri Basketball y’Abagore zikomeje guce impaka mu mikino ya Zone 5

Nov 14, 2025 - 09:00
Nov 14, 2025 - 09:01
 0
APR na REG muri Basketball y’Abagore zikomeje guce impaka mu mikino ya Zone 5

APR WBBC na REG WBBC zikomeje kwitwara neza mu mikino ya Zone 5 irimo kubera Nairobi muri Kenya.


Ni imikino yatangiye ku itariki 9 Ugushyingo 2025, aho ikipe zihagarariye u Rwanda zirimo APR na REG mu bagore zatangiye zikina imikino yazo ndetse zitwara neza kuko mu mikino ine yose zakinnye ntabwo ziratsindwa umukino n’umwe.

Ikipe ya APR WBBC yatangiye ikina umukino na Gladiators WBBC urangira APR WBBC itsinze amanota 92 kuri 41. REG WBBC ku itariki 9 Ugushyingo 2025, yo yari yakinnye na Don Bosco Lady Lions urangira REG itsinze amanota 87-38.

Ku itariki 11 Ugushyingo 2025, ikipe ya REG WBBC yongeye kwigaba mu kibuga ikina na Zetech University birangira n’ubundi REG itsinze amanota 86 kuri 44. Kuri uyu munsi kandi APR WBBC nayo yari yakinnye umukino na Foxes WBBC urangira APR WBBC itsinze amanota 89 kuri 51.

Izi kipe zihagarariye u Rwanda muri iyi mikino ubona ko urwego ziriho ziri hejuru cyane kuko ku itariki 12 Ugushyingo 2025, APR WBBC yongeye gukina umukino na Stormers urangira itsinze amanota 70 kuri 50. Kuri uyu munsi kandi REG WBBC yakinnye na Zetech Sparks, umukino urangira REG WBBC itsinze amanota 86 kuri 44.

Abakunzi ba Basketball muri Kenya bari bategereje kureba niba hari ikipe itsindwa muri aya makipe ahagarariye u Rwanda ariko siko byagenze kuko n’imikino isoza itsinda zigiye zirimo zaraye ziyitsinze.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 13 Ugushyingo 2025, izi kipe zihagarariye u Rwanda zakinnye imikino ya nyuma mu itsinda, aho ikipe ya REG WBBC yaje gutsinda LES HIPPOS amanota 67 kuri 56. Ni mu gihe kandi ikipe ya APR WBBC yo yatsindaga isuzuguye cyane Kenya Port Authority amanota 81 kuri 71.

APR WBBC na REG WBBC yabonye itike yo kugera mu mikino ya 1/2 aho biteganyijwe ko iraba kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Ugushyingo 2025. REG WBBC izahura na Kenya Ports Authority naho APR WBBC izahura na LES HOPPOS. Ikipe Eshatu za mbere muri iyi mikino zizahita zibona itike yo gukina imikino ya nyuma ya Basketball ya Afurika mu bagore izabera mu Misiri guhera tariki 5 kugeza tariki 15 Ukuboza 2025.