Ni ikipe y'ubuzima bwanjye! Vinicius Jr yashimagije Real Madrid atangaza icyo atazayikorera
Umunya-Brazil ukinira Real Madrid, Vinicius Jr, yatangaje ko iyi kipe ari iy'ubuzima bwe.
Ibi yabitangaje mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025, ubwo ikipe ya Real Madrid yari imaze gutsinda RB Salzburg ibitego 3-0 mu mukino usoza amatsinda y'igikombe cy'isi cy'ama-Club.
Ikipe ya Real Madrid yatsindiwe na Vinicius Jr ku munota wa 40, Fede Valverd atsinda igitego cya 2 ku munota wa 48 ndetse na Gonzalo Garcia watsindaga igitego cya 3 ku munota wa 84.
Ubwo Vinicius Jr yahabwaga igihembo cy'umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino yaje kugira ibyo atangaza Kandi bikomeye ariko yemeza ko atazayivamo ahubwo azahaguma iteka.
Yagize ati " Real Madrid ni ikipe y'ubuzima bwanjye. Nizeye kuzaguma hano imyaka myinshi, nzahaguma iteka. Nkunda byukuri Real Madrid, nyigomba Kandi byinshi. Igitutu no kumvuga nta kibazo, nishimiye ikipe, umutoza mushya ndetse n'abakinnyi."
Vinicius Jr yatsinze igitego yaherukaga gutsinda tariki 16 Mata 2025, ubwo Real Madrid yatsindwaga na Arsenal FC ibitego 2-1 muri 1/4 cya UEFA Champions League. Ariko Kandi Vinicius Jr igitego yatsinze cyatumye ahita anganya na Gareth Bale ibitego muri Real Madrid. Aba bakinnyi batsindiye iyi kipe ibitego 106.
Real Madrid nyuma yo gutsinda byatumye ihita igera muri 1/8 mu gikombe cy'isi cy'ama-Club, aho izahura na Juventus yaraye itsinzwe na Manchester City ibitego 5-2.


Kinyarwanda
English
Swahili









