Bwa nyuma Al Hilal Omdurman na Al Merrikh SC zemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
Al Hilal Omdurman na Al Merrikh SC, zemerewe gukina shampiyona y’u Rwanda nyuma y’igihe zitegereje uburenganzira buturutse muri CAF.
Ku itariki 21 Ukwakira 2025, nibwo FERWAFA yemereye Al Hilal na Al Merrikh SC gukina Shampiyona y’u Rwanda ariko zitegereza ko CAF ifata umwanzuro ikazemerera gukina iyi shampiyona.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, nibwo inama ya Komite nyobozi ya CAF yakoze inama yiga kuri iki kibazo cy’aya makipe abiri iza kwemeza ko aya makipe akina Shampiyona y’u Rwanda uyu mwaka Saison 2025-2026.
Al Hilal Omdurman ku itariki 30 Ukwakira 2025, yakinnye umukino wa mbere hano mu Rwanda na AS Kigali urangira itsinze AS Kigali ibitego 2-0, ariko wafashwe nk’uwa gishuti kuko CAF itari yagafashe umwanzuro kuri ubu busabe bw’aya makipe yombi.
Izi kipe zigiye kumara hano mu Rwanda igihe kijya kugera k’ukwezi zitegura iyi mikino ya Shampiyona. Al Hilal Omdurman igiye gutangira gukina imikino ya CAF Champions League kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025. Ni umukino izakina na USM Alger.
Al Hilal Omdurman yemerewe gukina Shampiyona y'u Rwanda Al Merrikh SC irimo gukorera hano mu Rwanda imyitozo yemerewe gukina Shampiyona


Kinyarwanda
English
Swahili









