Umufaransakazi atwaye isiganwa ry'abatarengeje imyaka 23, abanyarwanda ntibasoza
Umufaransakazi Célia Gery niwe wegukanye isiganwa mu Bagore batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y'isi y'Amagare basiganwaga mu muhanda.
Kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025, hakomezaga shampiyona y'isi y'Amagare aho abakobwa batarengeje imyaka 23, basiganwe mu muhanda bari mu kivunge bitandukanye nuko byari bimeze muri iyi minsi ishize aho basiganwaga n'ibihe.
Abasiganwa bari 80 baturutse mu bihugu 40. Aba basiganwaga intera ireshya na Kilometero 119 na Metero 300. Batangiriye kuri Kigali Convention center ni naho basoreje isiganwa ry'uyu munsi.
Bazengurukaga ariko abanyarwandakazi barimo Nyirarukundo Claudette, Iragena Charlotte na Mwamikazi Jamilla bari mu bavuyemo isiganwa ritararangira.
Ku isaha ya saa Kumi n'iminota 35, nibwo Célia Gery yageze ku mugorongo ari uwa mbere akoresheje amasaha 3 n'iminota 24 n'amasegonga 26. Uyu mufaransa yakurikiwe n'umunya-Slovekia, Viktoria Chladonova warushijwe amasegonga 2 gusa mu gihe uwa Gatatu yabaye umunya-Espagne witwa Paula Blasi Clairol wasizwe amasegonda 12 gusa.
Iri siganwa ry'Abagore batarengeje imyaka 23 basiganwa mu kivunge mu muhanda, ni ubwa mbere ribaye muri Shampiyona y'isi y'Amagare, ibi bivuze ko u Rwanda rukoze amateka kuko niho bibereye bwa mbere.
Célia Grey niwe wahawe umudari wa Zahabu yegukanye nyuma yo gutwara iri siganwa ry'Abagore batarengeje imyaka 23. Mu basiganwa 85 batangiye, hasoje 35 bonyine abandi bagiye bavamo kubera gufatirwa mu nzira n'abari imbere.
Grey Célia niwe wegukanye isiganwa uyu munsi mu Bagore batarengeje imyaka 23


Kinyarwanda
English
Swahili









