issa
Vision FC irushije Rayon Sports, Muhazi United yirwanaho imbere ya Police FC! Uko imikino yagenze

Vision FC irushije Rayon Sports, Muhazi United yirwanaho imbere ya Police FC! Uko imikino yagenze

Mar 8, 2025 - 19:29
 0

Ikipe ya Vision FC yirwanyeho naho ikipe ya Muhazi United inganya n'ikipe ya Police FC mu mukino w'umunsi wa 20 wa shampiyona.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 8 Werurwe 2025, hakomeje imikino y'umunsi wa 20 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Ni imikino yatunguranye bitandukanye n'ibyo abanyamupira hano mu Rwanda bari biteze. Umukino wari ukomeye ni uwahombaga guhuza ikipe ya Muhazi United na Police FC urangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.

Icyakomeje uyu mukino ni uko ikipe ya Muhazi United itajya ipfa gutsindirwa ku kibuga cyayo ariko Kandi na Police FC ikaba ari ikipe ikomeye igomba kuba yatsinda yaba iri hanze cyangwa mu rugo.

Ikipe ya Muhazi United yatsindiwe na Shaka Tresor ku munota wa 16 naho ikipe ya Police FC yo itsindirwa na Ngabonziza Pacifique ku munota wa 20, umukino urangira ikipe zigabanye amanota.

Undi mukino wabonaga wakaniwe cyane, ni uwagombaga guhuza ikipe ya Vision FC na Amagaju FC. Ni umukino wari wakaniwe cyane n'ubuyobozi bwa Vision FC bwifuzaga gutsinda kugirango butangire kubona amanota ashoboro gutuma itampanuka.

Vision FC yaje gukora ibyananiye ikipe ya Rayon Sports hano i Kigali itsinda ikipe ya Amagaju FC igitego 1-0 mu gihe Rayon Sports byanze ikanganya ibitego 2-2.

Ikipe ya Vision FC yatsindiwe na rutahizamu ukomeye w'umugande witwa Mussa Essenu ku munota wa 80. Uyu mukinnyi aheruka gusinyira Vision FC amasezerano y'amezi 6 ndetse akaba yaranakiniye ikipe ya Rayon Sports.

Muri uyu mukino ikipe ya Amagaju FC yabonye ikarita itukura ku munota wa 90 ku ikosa ryari rikozwe na myugariro Addel Matumona Wakonda. 

Uyu ni umukino wa mbere Romami Marcel yari atoje kuva yatangira gutoza ikipe ya Vision FC nyuma yo gusezererwa mu ikipe ya Kiyovu Sports.

Indi mikino y'umunsi wa 20 wa shampiyona y'u Rwanda yakinwe uyu munsi, harimo uwo ikipe ya Gasogi United yatsinzwemo igitego 1-0 na Etincelles FC mu karere ka Rubavu.

Undi mukino wabaye ni uwahuje ikipe ya Musanze FC kuri Sitade Ubworoherane yari yasuwe na Bugesera FC umukino ukarangira ikipe zombi zinganyije 0-0.

Ikipe ya Vision FC nyuma yo gukora ibidasanzwe yagumye ku mwanya wa nyuma ariko izamuka ku manota igira 15 aho irushwa amanota 3 gusa na Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 15.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Vision FC irushije Rayon Sports, Muhazi United yirwanaho imbere ya Police FC! Uko imikino yagenze

Mar 8, 2025 - 19:29
 0
Vision FC irushije Rayon Sports, Muhazi United yirwanaho imbere ya Police FC! Uko imikino yagenze

Ikipe ya Vision FC yirwanyeho naho ikipe ya Muhazi United inganya n'ikipe ya Police FC mu mukino w'umunsi wa 20 wa shampiyona.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 8 Werurwe 2025, hakomeje imikino y'umunsi wa 20 wa shampiyona y'icyiciro cya mbere hano mu Rwanda.

Ni imikino yatunguranye bitandukanye n'ibyo abanyamupira hano mu Rwanda bari biteze. Umukino wari ukomeye ni uwahombaga guhuza ikipe ya Muhazi United na Police FC urangira ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.

Icyakomeje uyu mukino ni uko ikipe ya Muhazi United itajya ipfa gutsindirwa ku kibuga cyayo ariko Kandi na Police FC ikaba ari ikipe ikomeye igomba kuba yatsinda yaba iri hanze cyangwa mu rugo.

Ikipe ya Muhazi United yatsindiwe na Shaka Tresor ku munota wa 16 naho ikipe ya Police FC yo itsindirwa na Ngabonziza Pacifique ku munota wa 20, umukino urangira ikipe zigabanye amanota.

Undi mukino wabonaga wakaniwe cyane, ni uwagombaga guhuza ikipe ya Vision FC na Amagaju FC. Ni umukino wari wakaniwe cyane n'ubuyobozi bwa Vision FC bwifuzaga gutsinda kugirango butangire kubona amanota ashoboro gutuma itampanuka.

Vision FC yaje gukora ibyananiye ikipe ya Rayon Sports hano i Kigali itsinda ikipe ya Amagaju FC igitego 1-0 mu gihe Rayon Sports byanze ikanganya ibitego 2-2.

Ikipe ya Vision FC yatsindiwe na rutahizamu ukomeye w'umugande witwa Mussa Essenu ku munota wa 80. Uyu mukinnyi aheruka gusinyira Vision FC amasezerano y'amezi 6 ndetse akaba yaranakiniye ikipe ya Rayon Sports.

Muri uyu mukino ikipe ya Amagaju FC yabonye ikarita itukura ku munota wa 90 ku ikosa ryari rikozwe na myugariro Addel Matumona Wakonda. 

Uyu ni umukino wa mbere Romami Marcel yari atoje kuva yatangira gutoza ikipe ya Vision FC nyuma yo gusezererwa mu ikipe ya Kiyovu Sports.

Indi mikino y'umunsi wa 20 wa shampiyona y'u Rwanda yakinwe uyu munsi, harimo uwo ikipe ya Gasogi United yatsinzwemo igitego 1-0 na Etincelles FC mu karere ka Rubavu.

Undi mukino wabaye ni uwahuje ikipe ya Musanze FC kuri Sitade Ubworoherane yari yasuwe na Bugesera FC umukino ukarangira ikipe zombi zinganyije 0-0.

Ikipe ya Vision FC nyuma yo gukora ibidasanzwe yagumye ku mwanya wa nyuma ariko izamuka ku manota igira 15 aho irushwa amanota 3 gusa na Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 15.