Ibiciro byo kwinjira ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro FERWAFA yabikubise hasi
Ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze gutangaza kumugaragaro ibiciro byo kwinjira ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro.
Ni ibiciro byagiye hanze kuri uyu wa gatanu tariki 2 Gicurasi 2025. Ibi biciro bishyizwe hanze mbere y'iminsi 2 kugirango umukino ube kuko biteganyijwe ko uzaba kuri iki cyumweru.
Uyu mukino wa nyuma uzahuza ikipe ya Rayon Sports na APR FC zakomeje zisezereye amwe mu makipe akomeye hano mu Rwanda. Ikipe ya Rayon Sports yasezereye ikipe ya Mukura Victory Sports naho ikipe ya APR FC isezerera Police FC.
Ni umukino utoroshye ariko ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA, yashyizemo inyoroshyo ku matike yo kwinjira kuri uyu mukino.
Ibiciro byagizwe igihumbi 1 ahasanzwe ariko mu gice cyo hejuru, ibihumbi 2 ahasanzwe mu gice cyo hasi, VIP yagizwe ibihumbi 20, mu gice cy'abanya Business cyagizwe ibihumbi 30, VVIP hagizwe ibihumbi 50, ibihumbi 100 ndetse n'aha Million 1.
Kuri iki cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025, nibwo uyu mukino biteganyijwe ko uzaba ndetse byemejwe ko uzabera muri Sitade Amahoro. Kuri iyi Sitade hazanabera umukino wa nyuma mu bagore uzahuza Rayon Sports WFC n'Indahangarwa WFC.


Kinyarwanda
English
Swahili









