issa
Tanzania: Perezida Samia Suluhu yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta

Tanzania: Perezida Samia Suluhu yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta

May 2, 2025 - 14:41
 0

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangaje ko yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta ndetse abashimira uruhare bakomeje kugira mu iterambere ry’Igihugu.


Ku wa Kane, tariki ya 01 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w'Umurimo, Perezida Samia Suluhu, yatangaje ko yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta, ku kigero cya 35.1%.

Umushahara fatizo ku bakozi ba Leta muri Tanzania, wari usanzwe ari ibihumbi 370 by'Amashilingi ya Tanzania, gusa kuri ubu Perezida Samia yavuze ko washyizwe ku bihumbi 500 TZS (arengaho gato ibihumbi 260 by'Amafaranga y'u Rwanda).

Perezida wa Tanzania yavuze ko kuzamura uyu mushahara byaturutse ku kuba igihugu cya Tanzania kimaze gutera imbere, ndetse bikaba bigirwamo uruhare n'abakozi bajya banigomwa aho biri ngombwa.

Biteganyijwe ko uyu mushahara mushya ku bakozi uzatangira kubahirizwa muri Nyakanga 2025.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: anselmetuyizere07@gmail.com

Tanzania: Perezida Samia Suluhu yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta

May 2, 2025 - 14:41
 0
Tanzania: Perezida Samia Suluhu yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangaje ko yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta ndetse abashimira uruhare bakomeje kugira mu iterambere ry’Igihugu.


Ku wa Kane, tariki ya 01 Gicurasi 2025, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w'Umurimo, Perezida Samia Suluhu, yatangaje ko yazamuye umushahara fatizo ku bakozi ba Leta, ku kigero cya 35.1%.

Umushahara fatizo ku bakozi ba Leta muri Tanzania, wari usanzwe ari ibihumbi 370 by'Amashilingi ya Tanzania, gusa kuri ubu Perezida Samia yavuze ko washyizwe ku bihumbi 500 TZS (arengaho gato ibihumbi 260 by'Amafaranga y'u Rwanda).

Perezida wa Tanzania yavuze ko kuzamura uyu mushahara byaturutse ku kuba igihugu cya Tanzania kimaze gutera imbere, ndetse bikaba bigirwamo uruhare n'abakozi bajya banigomwa aho biri ngombwa.

Biteganyijwe ko uyu mushahara mushya ku bakozi uzatangira kubahirizwa muri Nyakanga 2025.