issa
Babiri barimo n’umugore bafatanywe urumogi ibiro birenga 40

Babiri barimo n’umugore bafatanywe urumogi ibiro birenga 40

May 2, 2025 - 14:07
 0

Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe kurwanya Ibiyobyabwenge ryafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza urumogi.


Aba bafashwe mu rukerera rwo ku wa 2 Gicurasi 2025 barimo umushoferi wari utwaye imodoka ivanye urumogi muri DRC rungana n'ibiro 37 ndetse n'umugore yari arushyiriye wanasanganywe ibiro 6,5 iwe mu Nyakabanda. 

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko itarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Babiri barimo n’umugore bafatanywe urumogi ibiro birenga 40

May 2, 2025 - 14:07
May 2, 2025 - 14:18
 0
Babiri barimo n’umugore bafatanywe urumogi ibiro birenga 40

Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe kurwanya Ibiyobyabwenge ryafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza urumogi.


Aba bafashwe mu rukerera rwo ku wa 2 Gicurasi 2025 barimo umushoferi wari utwaye imodoka ivanye urumogi muri DRC rungana n'ibiro 37 ndetse n'umugore yari arushyiriye wanasanganywe ibiro 6,5 iwe mu Nyakabanda. 

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko itarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.