issa
FARDC na M23 biriwe mu mirwano ikomeye i Masisi

FARDC na M23 biriwe mu mirwano ikomeye i Masisi

Jan 11, 2026 - 15:43
 0

Kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2026, habaye imirwano ikomeye yahuje inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo, mu gace ka Kazinga, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Nk’uko amakuru aturuka mu bayobozi gakondo bo muri ako gace abivuga, inyeshyamba za Wazalendo zikorana bya hafi n’ingabo za FARDC zagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo. Iyo mirwano yahise ikwira mu bice bitandukanye bya Kazinga, bituma abaturage bagira ubwoba.

Abaturage n’abandi bakurikirana iby’uyu mutekano bavuga ko humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byagaragazaga ubukana bw’imirwano. Urubuga ACTUALITE.CD rwatangaje ko imirwano yamaze amasaha menshi, mu gihe nta ruhande na rumwe rutaratangaza umubare w’abaguye muri iyo mirwano.

Biravugwa kandi ko iyi mirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri gusa habaye imirwano ikomeye mu bice bya Kazinga na Kasopo, aho ibirindiro by’imitwe yitwaje intwaro byari byagabweho ibitero. Amakuru akomeza avuga ko umutekano ukomeje kuzamba muri aka gace, mu gihe abaturage bakomeje guhunga imirwano bagana ahandi bakeka ko hatekanye.

FARDC na M23 biriwe mu mirwano ikomeye i Masisi

Jan 11, 2026 - 15:43
 0
FARDC na M23 biriwe mu mirwano ikomeye i Masisi

Kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2026, habaye imirwano ikomeye yahuje inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo, mu gace ka Kazinga, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


Nk’uko amakuru aturuka mu bayobozi gakondo bo muri ako gace abivuga, inyeshyamba za Wazalendo zikorana bya hafi n’ingabo za FARDC zagabye igitero ku birindiro bya AFC/M23 guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo. Iyo mirwano yahise ikwira mu bice bitandukanye bya Kazinga, bituma abaturage bagira ubwoba.

Abaturage n’abandi bakurikirana iby’uyu mutekano bavuga ko humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byagaragazaga ubukana bw’imirwano. Urubuga ACTUALITE.CD rwatangaje ko imirwano yamaze amasaha menshi, mu gihe nta ruhande na rumwe rutaratangaza umubare w’abaguye muri iyo mirwano.

Biravugwa kandi ko iyi mirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri gusa habaye imirwano ikomeye mu bice bya Kazinga na Kasopo, aho ibirindiro by’imitwe yitwaje intwaro byari byagabweho ibitero. Amakuru akomeza avuga ko umutekano ukomeje kuzamba muri aka gace, mu gihe abaturage bakomeje guhunga imirwano bagana ahandi bakeka ko hatekanye.