issa
Iran yongeye kugaba ibitero kuri Israel, ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

Iran yongeye kugaba ibitero kuri Israel, ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

Mar 12, 2026 - 14:41
 0

Ku wa Kane tariki 12 Werurwe 2026, Iran yongeye kugaba ibitero bishya bya drone na misile ku gihugu cya Israel, mu gihe intambara iri hagati y’impande zombi igeze ku munsi wa 13. Ibi bitero byateje impungenge mu karere kose k'Uburasirazuba bwo hagati, mu gihe ibihugu byo mu kigobe byitegura ko bishobora kugabwaho ibindi bitero.


Muri Israel, impanda zitanga umuburo w’ibitero byo mu kirere zumvikanye mu bice bitandukanye by’igihugu, abayobozi basaba abaturage kwitwararika kuko hari misile nyinshi zaturukaga muri Iran. Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo zihagarike izo misile zoherejwe na Tehran.

Ku ruhande rw’undi mutwe ushyigikiwe na Iran, Hezbollah ukorera muri Liban, na wo warashe roketi ku mupaka wa Israel, ibintu byarushijeho kongera ubushyamirane mu karere.

Muri icyo gihe kandi, Iran ikomeje gufunga umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora ikomeye cyane ku bucuruzi bw’isi cyane cyane mu gutwara peteroli. Iran irimo no kugaba ibitero ku mato y’ubucuruzi anyura muri uwo muhora, ibintu byatumye ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga bihindagurika.

Kuri uyu wa Kane, igiciro cya peteroli cyongeye kugabanuka kigera hejuru gato y’amadolari 100 ku kagunguru, nyuma y’uko mu minsi ishize cyari cyazamutse kikagera ku madolari 120. Ibi byateje impungenge ku masoko mpuzamahanga no ku bihugu bishingiye cyane kuri peteroli.

Mu mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), abaturage batangaje ko ijoro ryose ryumvikanyemo urusaku rw’ibisasu byinshi biturika, mu gihe ubwirinzi bwo mu kirere bw’iki gihugu bukomeje gukora ubutaruhuka bugerageza guhagarika indege zitagira abadereva (drone) na misile.

Abanyamakuru ba Euronews bari muri aka karere batangaje ko urusaku rw’ibiturika rukomeje kumvikana, mu gihe indege z’intambara ziri kugaragara mu kirere zerekeza aho ibitero bituruka kugira ngo zihangane na byo.

Iran yongeye kugaba ibitero kuri Israel, ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

Mar 12, 2026 - 14:41
 0
Iran yongeye kugaba ibitero kuri Israel, ikomeza no gufunga umuhora wa Hormuz

Ku wa Kane tariki 12 Werurwe 2026, Iran yongeye kugaba ibitero bishya bya drone na misile ku gihugu cya Israel, mu gihe intambara iri hagati y’impande zombi igeze ku munsi wa 13. Ibi bitero byateje impungenge mu karere kose k'Uburasirazuba bwo hagati, mu gihe ibihugu byo mu kigobe byitegura ko bishobora kugabwaho ibindi bitero.


Muri Israel, impanda zitanga umuburo w’ibitero byo mu kirere zumvikanye mu bice bitandukanye by’igihugu, abayobozi basaba abaturage kwitwararika kuko hari misile nyinshi zaturukaga muri Iran. Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo zihagarike izo misile zoherejwe na Tehran.

Ku ruhande rw’undi mutwe ushyigikiwe na Iran, Hezbollah ukorera muri Liban, na wo warashe roketi ku mupaka wa Israel, ibintu byarushijeho kongera ubushyamirane mu karere.

Muri icyo gihe kandi, Iran ikomeje gufunga umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora ikomeye cyane ku bucuruzi bw’isi cyane cyane mu gutwara peteroli. Iran irimo no kugaba ibitero ku mato y’ubucuruzi anyura muri uwo muhora, ibintu byatumye ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga bihindagurika.

Kuri uyu wa Kane, igiciro cya peteroli cyongeye kugabanuka kigera hejuru gato y’amadolari 100 ku kagunguru, nyuma y’uko mu minsi ishize cyari cyazamutse kikagera ku madolari 120. Ibi byateje impungenge ku masoko mpuzamahanga no ku bihugu bishingiye cyane kuri peteroli.

Mu mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), abaturage batangaje ko ijoro ryose ryumvikanyemo urusaku rw’ibisasu byinshi biturika, mu gihe ubwirinzi bwo mu kirere bw’iki gihugu bukomeje gukora ubutaruhuka bugerageza guhagarika indege zitagira abadereva (drone) na misile.

Abanyamakuru ba Euronews bari muri aka karere batangaje ko urusaku rw’ibiturika rukomeje kumvikana, mu gihe indege z’intambara ziri kugaragara mu kirere zerekeza aho ibitero bituruka kugira ngo zihangane na byo.