issa
FARDC iratabaza abahuza ngo bayikize ibitero bya M23

FARDC iratabaza abahuza ngo bayikize ibitero bya M23

Nov 23, 2025 - 12:09
 0

Igisirikare cya Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasabye abahuza barimo Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira icyo bakora ku “bitero bya buri munsi” bivugwa ko bikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge hagati ya Leta ya Congo n’ihuriro AFC/M23.


Mu kiganiro yahaye itangazamakuru i Kinshasa, Maj. Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi wa FARDC, yavuze ko AFC/M23 ikomeje kugaba ibitero bitandukanye ku birindiro by’ingabo za Leta mu gihe impande zombi zimaze iminsi zisinyiye amasezerano y’ibanze yo guhagarika imirwano yabereye i Doha muri Qatar.

Ekenge yagize ati “Buri munsi ihuriro M23/AFC rikomeza gutera ibirindiro byacu, rikarenga ku gahenge ko guhagarika imirwano. Iyi myitwarire ishyira abaturage mu kaga k’intambara.”

Yakomeje asaba abahuza kugira icyo babikoraho vuba “Ntabwo dushobora gukomeza gutyo.”

Nubwo FARDC ishinja AFC/M23 kutubahiriza agahenge, uruhande rwa AFC/M23 rwo ruvuga ko rugaba ibitero byo kwirwanaho no “gucecekesha imbunda izisanze aho ziri”, rugamije kurinda abaturage baba mu bice rufite mu maboko.

Ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Moïse Nyarugabo, umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Congo, yatangaje ko indege y’intambara ya FARDC yarashe ku nkambi y’Abanyamulenge mu Minembwe ndetse igasenya na antenne za Vodacom. Ntibiramenyekana niba hari abahasize ubuzima.

Raporo nshya y’ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Teritwari ya Walungu, muri Kivu y’Amajyepfo, ivuga ko abasivile 112 bamaze kwicwa mu mirwano imaze iminsi hagati ya AFC/M23 n’abasirikare ba FARDC, Wazalendo, FDLR n’ingabo z’u Burundi.

FARDC iratabaza abahuza ngo bayikize ibitero bya M23

Nov 23, 2025 - 12:09
 0
FARDC iratabaza abahuza ngo bayikize ibitero bya M23

Igisirikare cya Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasabye abahuza barimo Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira icyo bakora ku “bitero bya buri munsi” bivugwa ko bikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge hagati ya Leta ya Congo n’ihuriro AFC/M23.


Mu kiganiro yahaye itangazamakuru i Kinshasa, Maj. Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi wa FARDC, yavuze ko AFC/M23 ikomeje kugaba ibitero bitandukanye ku birindiro by’ingabo za Leta mu gihe impande zombi zimaze iminsi zisinyiye amasezerano y’ibanze yo guhagarika imirwano yabereye i Doha muri Qatar.

Ekenge yagize ati “Buri munsi ihuriro M23/AFC rikomeza gutera ibirindiro byacu, rikarenga ku gahenge ko guhagarika imirwano. Iyi myitwarire ishyira abaturage mu kaga k’intambara.”

Yakomeje asaba abahuza kugira icyo babikoraho vuba “Ntabwo dushobora gukomeza gutyo.”

Nubwo FARDC ishinja AFC/M23 kutubahiriza agahenge, uruhande rwa AFC/M23 rwo ruvuga ko rugaba ibitero byo kwirwanaho no “gucecekesha imbunda izisanze aho ziri”, rugamije kurinda abaturage baba mu bice rufite mu maboko.

Ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, Moïse Nyarugabo, umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Congo, yatangaje ko indege y’intambara ya FARDC yarashe ku nkambi y’Abanyamulenge mu Minembwe ndetse igasenya na antenne za Vodacom. Ntibiramenyekana niba hari abahasize ubuzima.

Raporo nshya y’ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Teritwari ya Walungu, muri Kivu y’Amajyepfo, ivuga ko abasivile 112 bamaze kwicwa mu mirwano imaze iminsi hagati ya AFC/M23 n’abasirikare ba FARDC, Wazalendo, FDLR n’ingabo z’u Burundi.