Davido yashyikiranye na Perezida Emmanuel Macron
Ku wa 23 Ukwakira 2025 Davido,umugore we n'umujyanama we baganiriye na Perezida Emmanuel Macron. Ni ibiganiro byabereye muri perezidanse 'Champs-Élysées".
Umuhanzi w'icyamamare muri Afrobeats Davido aherekejwe n'umugore we bagiranye ibiganiro na Perezida w'ubufaransa Emmanuel Macron.
Ku wa 23 Ukwakira 2025 Davido,umugore we n'umujyanama we baganiriye na Perezida Emmanuel Macron. Ni ibiganiro byabereye muri perezidanse 'Champs-Élysées".
Nyuma yo gushyikirana Davido yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko yagiranye ibihe byiza na Emmanuel Macron kandi ko baganiriye ku hazaza h'imibereho y'iterambere ry'inganda ndangamuco hagati y'Ubufaransa na Nigeria.
Perezida Emmanuel Macron yakunze kwerekana ko akunda umuco w'Afurika. Mu 2018 yatembereye muri Nigeria bityo asura inzu ya Fela Kuti wateje imbere Afrobeats.
Davido mu 2024 yatangaje ko umuziki wamufunguriye imiryango ku buryo kugeza ubu amaze guhura n'abaperezida 15.


Kinyarwanda
English
Swahili









